MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare: Abatujwe mu nzu bubakiwe na Leta barasaba guhabwa irindi vomo

Gervais NiyonzimaYanditswe na Gervais Niyonzima
19/08/2026

Abaturage batujwe mu nzu bubakiwe na Leta mu Murenge wa Nyagatare, Akagari ka Barija, Umudugudu wa Kinihira A, barasaba Ubuyobozi kubafasha kubona irindi vomo, bavuga ko iryo bakoresha ubu ridahagije ugereranyije n’umubare w’abaturage n’amazi bakenera buri munsi.

Aba baturage bavuga ko bose basangiye ivomo rimwe ry’amazi meza atangwa binyuze ku muyoboro wa WASAC, bigatuma rimwe na rimwe bamara igihe kinini bategereje kuvoma cyangwa bakabura amazi, bityo bakaba basaba ko hashyirwaho irindi vomo kugira ngo babashe kubonera amazi igihe.

Umudugudu wa Kinihira A utuwemo n’imiryango 62 igizwe n’abantu 184, barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abahoze ari abasirikare ndetse n’imiryango y’abatishoboye.

Bamwe mu baturage baganiriye na MUHAZIYACU bavuga ko kuba abantu benshi bahurira ku ivomo rimwe bibateza imbogamizi, cyane cyane mu gihe amazi akenewe n’abantu benshi icyarimwe.

Mukamirimo Marie Gorette, yagize ati: “Irindi vomo rirakenewe kuko usanga kubona amazi bidutwara umwanya munini kuko tuba twarihuriyeho twese. Turasaba Ubuyobozi bwacu budahwema kudutekerezaho ko bwadufasha gushakira umuti icyo kibazo. Mu by’ukuri ivomo dufite ntabwo riduhagije.”

Masengesho Esther na we yavuze ko kuba hari ivomo rimwe bituma hari abaturage bategereza igihe kirekire cyangwa bakagura amazi ku bandi bayavomye.

Yagize ati: “Ubuyobozi budufashije bwaduha irindi vomo twajya twifashisha tuvoma kuko irihari dusanzwe dukoresha ntabwo riduhagije. Kubera ko tuba turi benshi, hari igihe amazi abura bamwe muri twe tutavomye, bityo abivomeye bakaduca amafaranga bijyanye n’uko babyumva, ku buryo ijerekani imwe ushobora kuyigura amafaranga 200 no kuzamura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, uherutse gusura aba baturage bakamugezaho iki kibazo, yavuze ko ubuyobozi bugiye kugishyira mu igenamigambi kugira ngo kibonerwe umuti.

Yagize ati: “Ikibazo cy’uko ikigega mukoresha muvoma kitabahagije tugiye kugishyira mu igenamigambi ry’ibikorwa bigomba gukorwa kugira ngo bidatinze muzahabwe ikindi kigega cyangwa se irindi vomo, bityo ribafashe kubona amazi meza kandi bitabasabye kumara igihe kinini mutegereje.”

Yakomeje abasaba gukomeza kubungabunga ivomo basanganywe no kurikoresha neza mu buryo bugirira akamaro abaturage bose.

Ati: “Ikindi kandi mu gihe mutararihabwa, turabasaba gukomeza kubungabunga iryo mufite mukarikoresha neza mu buryo bwa rusange, kuko twifuza ko mwese mugira ubuzima bwiza.”

Mu bisanzwe kuri buri nzu ya buri muturage hagiye hashyirwaho ikigega gifata amazi y’imvura, ariko abaturage bakenera n’amazi meza ya WASAC, rero muri uyu Mudugudu hari ivomo rimwe ry’umuyoboro wa WASAC, abaturage bakaba basaba guhabwa irindi vomo kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza babonera ku gihe amazi meza yo kunywa no gukoresha ibindi bikorwa mu rwego rwo kunoza isuku.

Abaturage bavuga ko irindi vomo ryabafasha kugabanya igihe bamaraga ku ivomo bategereje amazi, bakabona amazi meza ku gihe ndetse bikarushaho kunoza isuku n’imibereho yabo.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Gervais Niyonzima

Gervais Niyonzima

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze

Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU