MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
19/08/2026

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwatangaje ko mu Mujyi wa Kibungo hagiye gutangizwa indi kaminuza, nyuma y’imyaka itandatu iyahahoze yitwa Kaminuza ya Kibungo, izwi cyane nka UNATEK, ifunze imiryango.

Iyi kaminuza yari mu byagiraga uruhare mu kongera urujya n’uruza mu Mujyi wa Kibungo.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, ubwo yari mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa 19 Kanama 2026 nibwo yatangaje iby’iyo kaminuza nshya ishobora kuza i Kibungo.

Muri Nyakanga 2020, Minisiteri y’Uburezi yafunze burundu Kaminuza ya Kibungo (UNIK), izwi cyane nka UNATEK, nyuma y’ibihombo byatumye iyi kaminuza inanirwa kwishyura abakozi bayo imishahara y’amezi 18.

Nubwo iyi kaminuza yari imaze gufungwa, mu 2022 Akarere ka Ngoma kaje kunguka indi kaminuza ubwo hafungurwaga ishami rya Kaminuza Gatolika y’u Rwanda. Hari kandi Ishami ry’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Ngoma (RP Ngoma College).

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, avuga ko izi nzego z’amashuri makuru zidahagije kugira ngo zisubize urujya n’uruza mu Mujyi wa Kibungo rwahoze rushingiye ku kuba harimo kaminuza.

Yavuze ko kuva Kaminuza ya Kibungo yafungwa, ibikorwa n’urujya n’uruza byajyanaga n’uburezi bwo ku rwego rwa kaminuza byagabanutse cyane mu Mujyi wa Kibungo.

Ni muri urwo rwego Akarere ka Ngoma kamaze gutera intambwe mu mushinga wo kubona indi kaminuza izasimbura Kaminuza ya Kibungo.

Meya Niyonagira yagize ati: “Turi gukora uko dushoboye ngo iriya kaminuza igaruke ariko itari UNIK. Hari abandi bafatanyabikorwa turi gukorana kugira ngo habe indi kaminuza yigenga. Tubigeze kure rwose kuko ubu bari kwaka ibyangombwa mu Nama y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC).”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma buvuga ko iyi kaminuza nshya nimara gutangira gukora, izongera urujya n’uruza mu Mujyi wa Kibungo.

Ni igikorwa kandi Akarere ka Ngoma gategerejeho uruhare mu kwihutisha iterambere ry’Umujyi wa Kibungo, kugira ngo urusheho gutera imbere no kujyana n’igihe.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi
Amakuru

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi

20/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Meya Niyonagira yasabye ababyeyi kwitegura kare itangira ry’amashuri
Amakuru

Meya Niyonagira yasabye ababyeyi kwitegura kare itangira ry’amashuri

17/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab'i Gahara bahoze mu ngeso mbi

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU