Irondo ry’Umwuga rikorera mu Kagari ka Cyanya, Umurenge wa Kigabiro, mu Karere ka Rwamagana, ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu, nyuma y’ubufatanye n’inzego z’umutekano.
Uwo mugabo wafashwe ubu afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kigabiro ku wa 22 Kanama 2026, aho agiye gukurikiranwa ku byaha akekwaho.
Iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’Irondo ry’Umwuga ry’Akagari ka Cyanya n’inzego z’umutekano, mu rwego rwo gukumira ibyaha no kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo.
Munyakindi Eric, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyanya, yabwiye MUHAZIYACU ko ukekwaho kwiba izo nka ari mu maboko ya Polisi ya Kigabiro, ashimangira ko ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano ari ingenzi mu kurwanya ibyaha.
Yagize ati: “Twamufashe ari kuri Polisi ya Kigabiro, turasaba abaturage, turabashishikariza ko bajya batangira amakuru ku gihe, bakamenyesha inzego z’umutekano ndetse n’izindi z’ubuyobozi zibishinzwe, kuko turahari umunsi ku wundi ngo tubafashe.”
Munyakindi yashimangiye ko gutanga amakuru ku gihe bifasha inzego z’umutekano gukumira ibyaha no gufata ababikekwaho, asaba abaturage gukomeza kugira uruhare mu kubungabunga umutekano w’aho batuye.
Yavuze kandi ko ubufatanye hagati y’abaturage, Irondo ry’Umwuga, Polisi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ari ingenzi mu kurinda ubuzima n’umutungo w’abaturage, by’umwihariko amatungo agize umutungo ukomeye ku miryango myinshi.
Nyuma yo kuboneka, inka eshatu zari zaribwe zasubijwe nyirazo Murenzi, mu gihe umugabo ukekwaho kuziba , yashyikirijwe inzego zibishinzwe kugira ngo hakomeze gukorwa iperereza no gukurikizwa inzira ziteganywa n’amategeko.






