MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Leta yatije ikigo cyo muri Afurika y’Epfo ubutaka bwo gukoreraho uruganda rw’inyama z’inka

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
05/03/2026

Leta y’u Rwanda yatije ikigo cy’ubucuruzi ‘Planner Corretora de Valores’ cyo muri Afurika y’Epfo ubutaka, kugira ngo gikorereho uruganda rw’inyama z’inka, rugashyirwa mu rwuri rwa Gako mu Karere ka Bugesera.

Ibi, byatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 Werurwe 2026, ari kimwe mu byemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida wa Repubulika.

Ni inama yemerejwemo amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Planner Corretora de Valores S.A yerekeye itizwa ry’ubutaka bwa Leta kugira ngo bukorerweho ibikorwa byerekeye uruganda rw’inyama z’inka mu rwuri rwa Gako mu Karere ka Bugesera.

Ubundi, Leta y’u Rwanda yari isanzwe ifite umushinga w’uruganda rw’inyama z’inka rwitwa ‘Gako Meat Project’ yari isanzwe ifitwe na Kompanyi ya Gako Meat.

Mu ntangiriro z’umwaka ushize, u Rwanda rwatangiye inzira yo gushaka umushoramari mpuzamahanga ukomeye wo gukomeza uyu mushinga, bikaba byari byitezwe ko mu mpera za 2025 uyu mushinga wakabaye waramaze kubona nyirawo, nubwo bitagezweho.

Leta y’u Rwanda yaguze imigabane yose muri iyi kompanyi ya Gako Meat yari isanzwe ifitwe n’abashoramari bigenga mu mwaka wa 2024, ibyahise bituma Kompanyi ya Gako Meat iba iya Leta mu buryo bwuzuye. Icyo gihe, ubuyobozi bwari bufite gahunda yo kugurisha uyu mushinga wose ku mushoramari wizewe ubifitiye ubunararibonye, usanzwe uzobereye, unazwi cyane ku masoko mpuzamahanga y’inyama kandi ubifitiye ubushobozi.

Ubuyobozi bwa Kompanyi ya Gako Meat mu ntangiriro z’umwaka ushizwe wa 2025, bwagaragaje ko bufite inka zigera ku 6,700, kandi ko hari gahunda yo kongera umubare wazo hagamijwe kongera umusaruro w’inyama z’inka.

Kongera umubare w’izi nka, ni ibikorwa byagendanaga no kongera umusaruro w’ibiryo by’amatungo, hananozwa uburyo bwo kuhira imyaka. Ibyatumye ubuso bwa hegitari 1,050, z’ubutaka zari kujya zuhirwa, aho hegitari 310 zariho ibigori nubwo zagombaga kongerwaho izindi 700.

Mu rwego rwo kongera ibiribwa by’amatungo, uyu mushinga wari ufite gahunda yo gushyiraho uruganda rubikora bihagije kandi bihoraho, ibigori twavuze haruguru nibyo byagombaga kuba ibiribwa by’ibanze byagombaga gushingirwaho.

Nibura buri kwezi hateganywaga kujya hagurishwa inka zirenga 500.

 

Inka zororerwa mu rwuri rwa Gako

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe
Inkuru z'ingenzi1

Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

22/08/2026
N’iyo twavuga ngo ni inzoga zemewe, ubusinzi si wane- Meya Mutabazi Richard
Amakuru

N’iyo twavuga ngo ni inzoga zemewe, ubusinzi si wane- Meya Mutabazi Richard

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026
Urubyiruko rwo muri Ngoma na Kirehe rwifuza ko imyaka yo kunywa inzoga izamurwa
Urubyiruko

Urubyiruko rwo muri Ngoma na Kirehe rwifuza ko imyaka yo kunywa inzoga izamurwa

18/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Iburasirazuba: Hagaragajwe zimwe mu mpamvu zituma ubushinjacyaha butsindwa mu manza zo gusambanya abangavu

Iburasirazuba: Hagaragajwe zimwe mu mpamvu zituma ubushinjacyaha butsindwa mu manza zo gusambanya abangavu

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU