MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Iterwa ry’amashyamba ryazamuye umusaruro w’ubuki muri Rwimiyaga

Gervais NiyonzimaYanditswe na Gervais Niyonzima
25/06/2026

Abavumvu bibumbiye muri Koperative KOTEKA ikorera mu Murenge wa Rwimiyaga, Akagari ka Karushuga mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko gahunda yo kongera amashyamba muri aka gace yabafashije kuzamura ubuvumvu bwabo bwari bwaratangiye kujya hasi kubera ko inzuki zitabonaga aho zihova.

Aba bavumvu bavuga ko batangiye umwuga w’ubuvumvu mu mwaka wa 2016, ariko bakajya bahura n’ibibazo byinshi birimo inzuki kubura aho zihova kuko icyo gihe aka gace kari gafite imisozi itarimo ibiti, ibintu byatumaga inzuki zibura indabo n’ibindi zikuramo ibizitunga, bigatuma umusaruro uba muke ndetse bamwe bagacika intege bagatekereza kuva muri uwo mwuga.

Mukamuhire Solange, Perezida wa Koperative KOTEKA, yavuze ko iterwa ry’amashyamba ryahinduye byinshi ku buzima bwabo nk’abavumvu, ati “Twatangiye ubuvumvu tugamije kwiteza imbere, ariko twahuraga n’ibibazo byinshi kubera izuba ryinshi n’imisozi itariho ibiti. Inzuki zaburaga aho zihova bityo umusaruro ukaba mukeya ariko aho duterewe ibiti byafashije inzuki zacu kubona aho zikura ibizitunga n’aho kwegeka imizinga yacu; none ubu umusaruro ni mwiza.”

Kuva mu mwaka wa 2022, aba bavumbu baterewe ibiti bizwi nk’imikinga binyuze mu mushinga Combio, banahabwa imizinga ya kijyambere ndetse n’ibindi bikoresho bigezweho byifashishwa muri uyu mwuga birimo imyenda yo kwambara yabugenewe ndetse n’ibikoresho bitunganya ubuki.

Kuri ubu Koperative KOTEKA ifite imizinga 40 ya kijyambere, muri yo 25 ikaba irimo inzuki, ndetse bafite n’imizinga 105 ya gakondo, aho 85 muri yo irimo inzuki.

Aba bavumvu bavuga ko kuri ubu basarura nibura ibiro 85 by’ubuki buri uko basaruye, kandi bavuga ko basarura kabiri mu mwaka, mu kwezi kwa Kamena no mu kwezi kwa Gashyantare; gusa bafite intego yo kuzamura umusaruro w’ubuki ukagera ku biro 150.

Koperative KOTEKA igizwe n’abanyamuryango 24, barimo abagore 14 n’abagabo 7, ndetse harimo n’urubyiruko rugera ku bantu 3.

Mukanyangezi Solina, umwe mu banyamuryango b’iyi koperative, yavuze ko amafaranga ava mu buvumvu yamufashije mu mibereho ye ya buri munsi, ati: “Ubuvumvu bwamfashije byinshi kuko mbasha kwishyurira abana ishuri, nkambara ndetse nkabaho neza muri rusange.”

Yongeye ati: “Mu biti byatewe harimo ibyo inzuki zihovamo, rero bivuze ko zibona ibyo zikeneye hafi, ibyo bituma ziduha umusaruro mwiza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Matsiko Gonzague, yashimiye aba bavumvu uburyo babungabunga amashyamba ndetse banayabyaza inyungu.

Yagize ati “Turabashimira uburyo mukomeje kubungabunga aya mashyamba kandi mu nayabyaza inyungu, turabasaba gukomeza kuyabungabunga cyane ko ariyo abafasha mu mwuga wanyu w’ubuvumvu kandi mukomeza kurangwa n’ubunyangamugayo mu mwuga mukora.”

Ikiro kimwe cy’ubuki bakigurisha amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 6,500, bivuze ko niba basarura ibiro 85 babona amafaranga asaga ibihumbi 550 frw igihe bagurishije, amafaranga bavuga ko abafasha nk’abanyamuryango gukemura ibibazo by’imiryango yabo no kwiteza imbere muri rusange.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Gervais Niyonzima

Gervais Niyonzima

Izo bijyanye

Kirehe: Haboneka toni 350 z’amafi buri mwaka, ariko ibiciro bikomeje kuba imbogamizi ku bayakeneye
Uburobyi

Kirehe: Haboneka toni 350 z’amafi buri mwaka, ariko ibiciro bikomeje kuba imbogamizi ku bayakeneye

06/08/2026
Hejuru ya 52% bya moto zapimwe byatsinze isuzuma ry’imyuka ihumanya
Ibidukikije

Hejuru ya 52% bya moto zapimwe byatsinze isuzuma ry’imyuka ihumanya

06/08/2026
Miliyari 67 Frw zigiye gushorwa mu buhinzi buhangana n’amapfa
Ibidukikije

Miliyari 67 Frw zigiye gushorwa mu buhinzi buhangana n’amapfa

04/08/2026
Nyagatare: Hamuritswe igitabo cyitezweho gufasha aborozi kongera umukamo
Ubworozi

Nyagatare: Hamuritswe igitabo cyitezweho gufasha aborozi kongera umukamo

01/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Gatsibo: Abarerera muri GS Nyarubuye babangamiwe n’ubucucike

Gatsibo: Abarerera muri GS Nyarubuye babangamiwe n’ubucucike

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU