MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ntabwo waba wanyoye ibyuma ejo ngo ujye mu kazi-Minisitiri w’Ubuzima, Dr.Nsanzimana

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
02/08/2026

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko Leta itazihanganira abakora n’abacuruza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, agaragaza ko ibizwi nk’ “ibyuma” byashyize ubuzima bw’abaturage mu kaga, ari na yo mpamvu hafashwe ingamba zikomeye zo kubirwanya.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru, aho yasobanuye uburyo bamwe mu bakoraga izi nzoga bakoreshaga ibinyabutabire n’ibindi bintu bishobora guteza ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu.

Yagize ati: “Ntabwo waba wanyoye ibyuma ejo ngo ujye mu kazi, uwo muhura niba ari umubyeyi muhura nta mwana umenya umubyeyi, byari bigeze aho ubona nyine n’abaturage babyivugira ngo ariko ibi bintu… Leta ishobora guhuga ariko ntabwo ijya irangara, niyo mpamvu Leta iyo ibonye ikibazo cyagaragaye iragihagurukira, kandi Leta ni twese, nk’abaturage. Nta muntu n’umwe uyobewe aho ibyo bintu byengerwa, nta n’umwe uyobewe abantu byishe.”

Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ko hari inganda zabanje guhabwa ibyangombwa byo gukora ibinyobwa byemewe, ariko nyuma zikabikoresha nabi zigatangira gukora ibinyobwa bitandukanye n’ibyo zemerewe.

Yagize ati: “Batanga ibyangombwa byo gukora n’uruganda bakarucana rukaka, bwacya inyuma akagura ibidomoro bakenga izindi, usanga harimo n’ubugome, bagakora inzoga zitandukanye n’izo baherewe uburenganzira aho babeshya abaturage ngo iyi yitwa gutya, ibirimo imbere bitandukanye n’ibyanditse ku rupapuro. Izi nganda hari n’izo utakwita inganda, ahubwo ni ahantu havangirwa ibintu bitanazwi, hari izagaragaraga nk’inganda ariko wazigeramo ukahasanga ibindi bindi.”

Yakomeje agaragaza ko hari n’abengaga inzoga gakondo bakazivangamo Ethanol, ari na yo Leta yahise ifatira icyemezo cyo guhagarika gutumizwa mu Gihugu.

Yagize ati: “Hari abaturage bengaga urwagwa, barangiza bagasukamo ibyuma, ibyo byuma rero ni ya Ethanol, ni nayo mpamvu ariyo yahereweho mu kuyihagarika, bafataga ikinyabutabire cya Ethanol, bakayivanga n’ibindi bintu birimo Melace, itabi, urusenda, amatafari, ifumbire mvaruganda, amasukari, ubundi bagacanira.”

Minisitiri w’ubuzima yavuze ko ibyo bikorwa bigize ubugizi bwa nabi bukwiye gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe, kuko ababikora baba bazi neza ko bashyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.

Yagize ati: “Harimo n’ubugome mu by’ukuri, ubugizi bwa nabi, ni nayo mpamvu inzego zishinzwe guperereza ibyaha zibirimo, we akabona agurisha abaturage bakabinywa, noneho akavanga cyane ubundi bo bagashaka amazina babiha, bitandukanye kure n’ibyo baba bavuze ko bagiye gukora. Hari n’abatagira ibyangombwa, bakicara bavanga ibintu kandi ni uburozi.”

Ibi, Minisitiri w’Ubuzima yabivuze nyuma y’aho Rwanda FDA ifunze inganda umunani zikora ibinyobwa bisembuye, ikanategeka ko ibinyobwa byazo bikurwa ku isoko kubera kutubahiriza amabwiriza y’ubuziranenge.

Ibi bibaye mu gihe imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, abantu barenga 40 bapfuye bazize kunywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, mu gihe abarenga 100 bagize ibibazo bikomeye by’ubuzima, bamwe muri bo bakaba barahumye burundu.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Tuganura kubera ko twakoze-Meya Niyonagira Nathalie
Umuco

Tuganura kubera ko twakoze-Meya Niyonagira Nathalie

07/08/2026
Kirehe: Haboneka toni 350 z’amafi buri mwaka, ariko ibiciro bikomeje kuba imbogamizi ku bayakeneye
Uburobyi

Kirehe: Haboneka toni 350 z’amafi buri mwaka, ariko ibiciro bikomeje kuba imbogamizi ku bayakeneye

06/08/2026
Bazooka, Bond 7, Konyagi na Vodka na zo ziyongereye mu nzoga zahagaritswe mu Rwanda
Amakuru

Bazooka, Bond 7, Konyagi na Vodka na zo ziyongereye mu nzoga zahagaritswe mu Rwanda

06/08/2026
Kurwara ukivuza udafite Mituweli birahenze cyane kurusha amafaranga wakwishyura bitewe n’ikiciro washyizwemo- Meya Gasana
Ubuzima

Kurwara ukivuza udafite Mituweli birahenze cyane kurusha amafaranga wakwishyura bitewe n’ikiciro washyizwemo- Meya Gasana

06/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwanda FDA yategetse ko inzoga zizwi nk’Ibyuma zikurwa ku isoko

Rwanda FDA yategetse ko inzoga zizwi nk'Ibyuma zikurwa ku isoko

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU