MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Tuganura kubera ko twakoze-Meya Niyonagira Nathalie

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
07/08/2026

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yasabye abaturage kongera imbaraga mu bikorwa by’ubuhinzi n’ibindi bibateza imbere, kugira ngo bongere umusaruro kandi bagere ku rwego rwo kwigira no kwihaza mu biribwa.

Yabitangaje ku wa 7 Kanama 2026, ubwo mu Karere ka Ngoma hizihizwaga Umuganura, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.”

Meya Niyonagira yasabye abaturage gukoresha neza ubutaka bafite, bagashyira imbaraga mu buhinzi kugira ngo babone umusaruro uhagije ubafasha kwiteza imbere.

Yagize ati: “Mukwiye guhinga neza, kuko tubona hari abafite umusaruro mwiza, kandi ababikora barigize, bafite aho bavuye kandi biteje imbere bo ubwabo, kwizihiza Umuganura ni umwanya mwiza wo kwibukiranya gukora, kuko tuganura kubera ko twakoze, kandi tugakora kugira ngo dutere imbere, kandi hakora abantu bafite ubuzima buzima.”

Yakomeje asobanura ko Umuganura ari igihe cyo kureba ibyo abaturage n’Igihugu bagezeho, ariko kandi ukaba umwanya wo gutegura ibizakorwa mu gihe kiri imbere.

Ati: “Umuganura uba mu gihe umwaka w’ingengo y’imari uba utangiye, tureba ibyo twagezeho mu mwaka ushize tukanafata ingamba zo kwiteza imbere kandi tukereka umuturage ko iterambere yifuza kugeraho ari we rigomba guheraho nta wundi, ku buryo tuzagera ku kigero cyo kwigira tukihaza mu biribwa.”

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma baganiriye na MUHAZIYACU bagaragaje ko kugira ngo abaturage bihaze mu biribwa, hakenewe gutegura ubuhinzi hakiri kare, gukurikiza inama bahabwa n’abajyanama b’ubuhinzi ndetse no kongera ubumenyi mu gutunganya imirima.

Mukayirera Consolee, wo mu Murenge wa Gashanda, yagize ati: “Kuri ubu icyatuma turushaho kwihaza mu biribwa uko bikwiye ni uko twakurikiza ibyo abayobozi batubwira mu buhinzi dushaka uburyo twongera umusaruro, tukitegura ubuhinzi hakiri kare tugahingira igihe. Ibyo bizatuma no mu gihe cyo kuganura tuganura ibintu bimeze neza, byaba ibitoki, amasaka n’inyanya zisa neza.”

Ngomayubu Jean Bosco, na we wo mu Murenge wa Gashanda, yavuze ko kongera ubumenyi bw’abaturage mu buhinzi ari kimwe mu byafasha kuzamura umusaruro.

Yagize ati: “Icyo mbona cyatuma twihaza mu biribwa ni uko imirima ihari abaturage bakwigishwa uko bayitunganya, kuko ba Agoronome baba bahari kandi baba bakwigisha ukabona umusaruro uhagije. Usanga umuntu udafite ubumenyi mu buhinzi ari yo mpamvu abayobozi bagomba gushyira imbaraga mu kwigisha abaturage.”

Mu gihembwe cy’ihinga cya 2027A, ubuhinzi mu Karere ka Ngoma buzibanda ku guhuza ubutaka, aho hegitari 21,243 zizaterwamo ibigori, hegitari 36,850 zigaterwamo ibishyimbo, hegitari 250 zigaterwamo soya, hegitari 2,380 zigaterwamo umuceri, naho hegitari 1,500 zigaterwamo imyumbati, bimwe mu bihingwa biribwa na benshi mu Rwanda.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma Niyonagira Nathalie yasobanuye ko abantu baganura kuko bakoze
Abana bahawe amata yo kunywa
Abaturage batishoboye baganujwe, bahabwa ibyo bakeneye
Abakuze babuguje
Hanakozwe ibikorwa by’umuco birimo kuboha, no gucunda amata

 

 

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Twizihize Umuganura ariko twiyemeza kunoza ibyo dukora kurushaho- Meya Kakooza Henry
Amakuru

Twizihize Umuganura ariko twiyemeza kunoza ibyo dukora kurushaho- Meya Kakooza Henry

07/08/2026
Kubaka umuryango utekanye no kurwanya inzoga z’inkorano zitemewe, mu byo Guverineri Rubingisa yagarutseho ku Umuganura 2026
Umuco

Kubaka umuryango utekanye no kurwanya inzoga z’inkorano zitemewe, mu byo Guverineri Rubingisa yagarutseho ku Umuganura 2026

07/08/2026
Meya Mbonyumuvunyi yasabye abaturage kurangwa n’ubumwe n’umurimo unoze
Umuco

Meya Mbonyumuvunyi yasabye abaturage kurangwa n’ubumwe n’umurimo unoze

07/08/2026
Kirehe: Haboneka toni 350 z’amafi buri mwaka, ariko ibiciro bikomeje kuba imbogamizi ku bayakeneye
Uburobyi

Kirehe: Haboneka toni 350 z’amafi buri mwaka, ariko ibiciro bikomeje kuba imbogamizi ku bayakeneye

06/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Twizihize Umuganura ariko twiyemeza kunoza ibyo dukora kurushaho- Meya Kakooza Henry

Twizihize Umuganura ariko twiyemeza kunoza ibyo dukora kurushaho- Meya Kakooza Henry

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU