Kuri uyu wa Gatandatu, ubukangurambaga bwiswe “Rwanda Cares Hope and Love to our communities” bugamije kurandura indwara y’umwijima yo mu bwoko bwa Hepatite C bwakomereje mu Karere ka Gatsibo, Murenge wa Kabarore, mu Kagari ka Simbwa.
Ubu ni ubukangurambaga bwatangijwe ku mugaragaro na Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame muri Kanama 2019, bujyana no gupima abaturage, abo bigaragaye ko barwaye bagashyirwa ku miti.
Binyuze muri ubu bukangurambaga, abasaga 2,000 bo mu Karere ka Gatsibo basanganywe iyi ndwara baratangira guhabwa imiti, kuva kuri uyu wa 29 Gashyantare 2020.
Iyi ntambwe ya kabiri y’ubukangurambaga igamije kugabanya igihe bizatwara ngo iyi ndwara ibe yacitse, aho kuba imyaka itanu bikaba ibiri.
Imibare itangwa na Minisiteri y’ubuzima binyuze mu kigo cy’ubuzima RBC, igaragaza ko 4% by’Abanyarwanda bafite iyi virusi ya Hepatite C (HCV).
Leta y’u Rwanda yihaye intego yo gusuzuma abaturage iyi virusi, abasayinganywe bakavurwa, ku buryo ikigero cy’iyo ndwara kizava kuri 4% kikagera munsi ya 1% mu mwaka wa 2021.
Kugeza ubu nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), mu Ntara y’Iburasirazuba hapimwe abasaga ibihumbi 600 bafite imyaka 15 kuzamura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko muri aka karere hapimwe abasaga ibihumbi 90, hanyuma 2,544 bagasanganwa iyi ndwara, akaba ari na bo bagiye guhabwa imiti.
Ubu bukangurambaga bugamije gupima abasaga miliyoni enye mu gihugu cyose, n’abasaga ibihumbi 110 bashobora kuyisanganwa bagahabwa imiti.
Intego ni ukugabanya umubare w’abarwaye indwara ukava ku kigero cya kane ku ijana ukajya ku kigero cya rimwe ku ijana, bikaba bizatuma umubare w’abarwara indwara ya kanseri y’umwijima iterwa n’iyi virusi ya HCV (Hepatitis C Virus) ugabanyuka.






