MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Mu Rwanda abaganga b’indwara z’abagore baracyari bake ugereranyije n’abakenera serivisi

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
15/08/2026

Mu Rwanda hari abaganga bavura indwara z’abagore barenga 130, ariko uyu mubare uracyagaragaza icyuho mu kubona serivisi zihagije, kuko hari aho umuganga umwe ashobora gukurikirana abarwayi bagera ku 50,000.

Ubuke bw’aba baganga ni kimwe mu bibazo byagarutsweho mu nama ngarukamwaka y’inzobere mu buvuzi bw’indwara z’abagore, aho hagaragajwe ko nubwo uru rwego rugenda rutera imbere, hakiri byinshi byo gukorwa kugira ngo serivisi zigere ku babakeneye ku buryo bworoshye.

Umubare muto w’abaganga ugereranyije n’abakeneye serivisi ushobora gutuma abarwayi bategereza igihe kirekire, cyane cyane mu bitaro byakira abantu benshi. Ikindi kandi, ubwinshi bw’abarwayi bashobora gutuma abaganga bakora mu bihe by’umunaniro ukabije.

Hari aho bivugwa ko umuganga umwe ashobora kuvura cyangwa gukurikirana abarwayi bagera ku 50,000, ibintu bigaragaza uburemere bw’icyuho kiri mu bakozi bazobereye muri uru rwego.

Iki kibazo kandi gishobora kugira ingaruka ku baganga ubwabo, kuko umutwaro munini w’akazi ushobora gutuma bamwe bahitamo kujya gukora mu mavuriro yigenga cyangwa kwikorera ku giti cyabo.

Kugira ngo iki cyuho kigabanuke, u Rwanda rwashyize imbaraga muri gahunda ya 4×4, igamije gukuba kane umubare w’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima.

Muri iyi gahunda, hanongerewe umubare w’abanyeshuri biga ibijyanye no kuvura indwara z’abagore, ububyaza n’ubuforomo. Intego ni ukongera abakozi bashya binjira muri uru rwego no koroshya uburyo abaturage babona serivisi.

Ikoranabuhanga na ryo riri mu bisubizo biri gushakishwa. Gukoresha Telemedicine bishobora gufasha abaganga gukorana n’abakozi b’ubuzima bari mu bindi bice by’Igihugu, bityo abarwayi ntibahore basabwa kujya kure kugira ngo babone ubujyanama cyangwa serivisi runaka.

Nubwo hakiri icyuho mu mubare w’abaganga, imibare yerekana ko u Rwanda rumaze gutera intambwe mu kugabanya imfu z’ababyeyi bapfa babyara.

Ubushakashatsi bwa karindwi ku Mibereho n’Ubuzima mu Rwanda, DHS 2025, bwagaragaje ko umubare w’ababyeyi bapfa babyara wagabanutse ugera kuri 149 ku babyeyi 100,000 babyaye, uvuye kuri 203 ku 100,000 mu 2020.

U Rwanda rwihaye intego yo kugabanya uyu mubare ukagera kuri 126 ku babyeyi 100,000 babyaye mu 2030.

Kongera abaganga b’indwara z’abagore ni kimwe mu byafasha gukomeza kugabanya imfu z’ababyeyi no kunoza serivisi z’ubuzima bw’imyororokere.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Gatsibo: Urubyiruko rwagenewe miliyoni 700Frw zo kurufasha gushyira mu bikorwa imishinga 

Gatsibo: Urubyiruko rwagenewe miliyoni 700Frw zo kurufasha gushyira mu bikorwa imishinga 

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU