Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), Dr. Bahati Bernard, yavuze ko uko ibihingwa bikenera isuku kugira ngo bitange umusaruro ushimishine; ari nako ku banyeshuri nabo iyo umwana afite umwanda atiga neza.
Ibi yabigarutseho ubwo yifatanyaga n’abanyeshuri n’abarimu bo muri GS Rukomo mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bwiswe “Fresheri ku Ishuri,” bugamije kwimakaza indangagaciro z’isuku n’isukura mu bigo by’amashuri.
Iki gikorwa cyabimburiwe no gutera imboga zirimo dodo na karoti, zimwe mu zo abanyeshuri barya mu rwego rwo guteza imbere indyo yuzuye no kwigisha abanyeshuri guhinga cyane ko aha kuri iri shuri hari ishami ry’ubuhinzi.
Dr. Bahati yasobanuye ko isuku itagarukira ku mubiri w’umuntu gusa, ahubwo inareba n’ibihingwa, agaragaza ko iyo uhinze mu kajagari kandi ntugire isuku, ibihingwa biguha umusaruro mubi. Yabigereranyije n’imibereho y’umunyeshuri ku ishuri, avuga ko iyo umunyeshuri adafite isuku, umubiri we ubangamirwa bigatuma atiga neza kandi bikagira ingaruka ku mitsindire ye.
Ati: “Isuku ni ishingiro ry’ubuzima bwiza n’uburezi bufite ireme. Uku duteye izi izi mboga ku murongo, ni na ko umunyeshuri akeneye isuku kugira ngo abeho neza, atekereze neza kandi yige neza.”
Yasabye abanyeshuri n’abayobozi b’amashuri gukomeza gushyira isuku imbere, haba ku ishuri no mu ngo zabo.
Abanyeshuri bo muri GS Rukomo na bo bagaragaje ko ubu bukangurambaga bubafasha gusobanukirwa akamaro k’isuku mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Nyirijuru Noel, umwe mu banyeshuri bagize Club y’isuku muri GS Rukomo, yavuze ko ibikorwa nk’ibi bibatoza kuba intangarugero mu isuku, bigatuma babikangurira n’abandi banyeshuri ndetse n’imiryango yabo.
Yagize ati: “Iyo dushyize isuku imbere ku ishuri, bituma twiga neza kandi tukagira ubuzima bwiza.”
Uwamahoro Rebecca, na we wo muri iyo Club y’isuku, yavuze ko gutera imboga no kuzirinda umwanda bibigisha isomo rikomeye ryo kwita ku bidukikije no kumenya ko isuku igira uruhare runini mu byo barya. Yongeyeho ko bazakomeza gukangurira bagenzi babo gukaraba intoki, kugira isuku y’umubiri no kwita ku bidukikije by’ishuri.
Kugeza ubu, GS Rukomo ifite abanyeshuri 2,060, naho mu karere hose hakabarorwa abanyeshuri 229, 731 biga mu bigo 284.










