Abacururiza mu isoko rya Rwagitima riri mu Isantere ya Rwagitima mu Murenge wa Rugarama bavuga ko kuba iri soko rirema umunsi umwe mu cyumweru bidahagije, bagasaba ko ryajya rirema 2 mu cyumweru bitewe n’uko riremwa n’abantu benshi bavuye ahantu hatandukanye hirya no hino mu Gihugu.
Bamwe mu bakorera mu isoko rya Rwagitima baganiriye na MUHAZIYACU bavuga ko iri soko riremye kabiri mu cyumweru byabafasha kurushaho kuzamura imibereho y’abatuye Rugarama ndetse n’iterambere ry’isantere ya Rwagitima.
Ni mu gihe iri soko rirema umunsi umwe mu cyumweru ku wa Gatatu.
Nyiransekanabo Olive utuye mu Kagari ka Matare mu Murenge wa Rugarama usanzwe acururiraza muri iri soko rya Rwagitima, yagize ati: “Isoko barishyize kabiri mu cyumweru byadufasha cyane mu iterambere ryacu kuko niryo dushakiramo ubuzima, riramutse riremye kabiri mu cyumweru amafaranga twajya twunguka yatuma tubasha kwizigamira mu matsinda ndetse na banki, rero kuba rirema rimwe mu cyumweru tuba twumva bitubangamiye, kuko ni isoko ribamo abakiriya benshi cyane, usanga Kigali yaje, Gisenyi, Nyagatare iyo isoko ryaremye usanga huzuye no kubona aho ukandagira ari ikibazo.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko iri siko riri gukorerwa inyigo yo kurivugurura ku buryo bugezweho izarangirana nu kwezi kwa Gicurasi 2026, bikarenga kuba ryarema rimwe cyangwa kabiri mu cyumweru ahubwo rikaba ryajya rirema buri munsi bitewe n’uko isoko rya Rwagitima riri mu isantere iri gutera imbere kandi ituwe n’abantu benshi kandi bakenera ibintu umunsi ku munsi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Sekanyange Jean Leonard avuga ko hari gukorwa ibishoboka kugira ngo isoko rya Rwagitima ribe rebereye Akarere ndetse n’Igihugu muri rusange.
Aragira ati: “Nirimara kubakwa nk’uko tubifite muri gahunda, twumva ahubwo rikwiye kurema buri munsi bitewe n’abarikenera ku buryo buri munsi abakeneye guhaha ibintu runaka baza bakabisangamo, yenda hakaba hari umunsi uzwi cya ibiri mu cyumweru abantu baza cyane ariko bidakuyeho ko buri munsi riba ari isoko rikora kandi neza kuko iyo urebye Rwagitima imaze guturwa n’abantu benshi kandi bakenera ibintu byinshi bakura ku isoko, ntabwo rero bakwiye kuba bahaha umunsi umwe mu cyumweru.”
Muri gahunda y’ibikorwa by’Akarere ka Gatsibo y’imyaka itanu ku bufatanye n’abikorera, hateganyijwe ibikorwa byo gusana amasoko asanzwe ahari ariko ashaje kugira ngo ajyane n’igihe, ariyo Rwagitima mu Murenge wa Rugarama, Kabarore mu Murenge wa Kabarore, Muhura, Kiramuruzi mu Murenge wa Kiramuruzi, ndetse na Ngarama mu Murenge wa Ngarama.









