MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ngoma: Ubuyobozi bwiyemeje gukurikirana iyubahirizwa ry’ibyanya by’inganda biri ku gishushanyo mbonera

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
20/08/2026

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwihaye intego yo kongera imbaraga mu gutunganya ahagenewe icyanya cy’inganda, mu rwego rwo gukurura abashoramari bashaka gushinga inganda muri aka Karere.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 20 Kamena 2026, mu nama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, ubwo Komite Nyobozi y’Akarere yagezaga ku Nama Njyanama raporo y’ibikorwa byakozwe mu mwaka wa 2025-2026.

Muri iyi nama harebwe ibikorwa byagezweho, imbogamizi zagaragaye ndetse n’ingamba zikwiye gushyirwamo imbaraga kugira ngo Akarere gakomeze guteza imbere ubukungu no kwesa imihigo mu myaka iri imbere.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, Banamwana Bernard, yavuze ko ikibazo cy’ahagenewe inganda ari imbogamizi ku bashoramari bifuza gushora imari muri aka Karere.

Yagize ati: “Ikibazo cya Industrial Zone, ni imbogamizi kuri twe n’undi muntu wese washaka gushora imari mu Karere, ubundi wasangaga dufite utuganda twinshi twenga inzoga, none twaraciwe, turaza rero kwisanga nta zindi nganda dufite, dukwiye gushyira imbaraga mu guteza imbere icyanya cy’inganda, ku buryo abifuza gushora imari y’inganda mu Karere kacu, birasaba y’uko tubitekerezaho kabiri, ku kintu cya Industrial Zone, nubwo yaba Hegitari imwe itangiye. Hari abagenda bakurikira inanasi ubwo rero ntibakabaye bari hariya ahubwo bakabaye bafite aho bakorera.”

Banamwana yavuze kandi ko hakwiye gutunganywa ahagaragara mu gishushanyo mbonera, ku buryo abashoramari baza muri Ngoma bahabwa ahantu haboneye ho gukorera.

Ati: “Aho igishushanyo mbonera kiri dukwiye kuhatunganya, ku buryo tuhakururira abantu, abashaka gushinga inganda tukabereka aho bajya, kandi bakabona aho bakorera heza. Ubu haje umuntu ushaka kwenga umutobe w’ibitoki twamujyana hehe? Tuhatunganye ahahari kugira ngo tudakumira ishoramari mu Karere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko mu gihe cyashize hari abashoramari bashinze ibikorwa by’inganda aho babonye, ariko ko ubu hakenewe gukurikizwa igishushanyo mbonera cy’Akarere.

Ati: “Umuntu wasangaga ashinga uruganda aho abonye, ariko ubu ubwo hafunzwe izi nganda hatanzwe umurongo ko nta ruganda ruzongera guhabwa ibyangombwa rukorera mu baturage. Igishushanyo mbonera kigaragaza ahantu hagomba kujya inganda, ubundi mbere byakorwaga nabi ku buryo buri wese akorera aho ashaka, hari abaza bagatangira bakora utuntu duto bikarangira bakoze uruganda runini, ubu twasabye Umurenge kudatanga impushya kuri izo nganda nto tukabanza tukabikorera ubugenzuzi.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwemeza ko ku gishushanyo mbonera cy’Akarere ka Ngoma ahagenewe ibyanya by’inganda ni mu mirenge ya Sake na Remera.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026
Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Abahizi SACCO Ngoma yeretse urubyiruko ahari amahirwe y’iterambere

Abahizi SACCO Ngoma yeretse urubyiruko ahari amahirwe y'iterambere

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU