Umwana w’umuhungu wigaga mu mwaka wa 5 w’amashuri abanza, wari ufite imyaka 11 wo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Kigabiro, yasanzwe mu mugozi yapfuye, bikaba bikekwa ko yiyahuye.
Ibi byabaye ku Cyumweru tariki ya 21 Kamena 2026, mu Murenge wa Kigabiro mu Kagari ka Sovu mu Mudugudu wa Bishangara.
Urupfu rw’uyu mwana kandi rwemejwe n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro Rushimisha Marc, yabwiye MUHAZIYACU ko bageze iwabo wa nyakwigendera basanga ari mu mugozi.
Yagize ati: “Amakuru y’urupfu rw’uwo mwana ni yo. Ni umwana basanze mu mu mugozi amanitse yitabye Imana, yari afite imyaka 11, umuvandimwe we ni we wasohotse asanga uwo mwana yishumitse umugozi mu ijosi bikekwa ko yiyahuye.”
Gitifu Rushimisha yavuze ko uwo mwana bikekwa ko yiyahuye asanzwe afite ababyeyi bombi kandi ko nta kibazo na kimwe yari afite cyari gutuma yiyahura. Yasabye ababyeyi kuba hafi abana babo bakamenya ibyo batekereza, ibibahangayikishije ndetse n’imibereho yabo.
Yagize ati: “Turasaba ababyeyi bamenye abana babo, bamenye ibibabaza abana babo, bamenye ibibashimisha kandi bababe hafi, kuko umwana ufite imyaka 11 gukekwaho kwiyahura ni ikintu gikomeye. Ababyeyi bakwiye kumenya aho abana bari igihe cyose, baba bari ku ishuri bakabimenya, baba bakina n’abandi bana bakabimenya, baba bari murugo nabwo bakabimenya kandi
bakanamenya kubarinda kugira ngo dukomeze tugire u Rwanda rw’ejo kuko birababaje kuba umwana nk’uyu yakwiyahura yari afite ejo hazaza heza.’’
Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma, ngo hamenyekane icyamwishe.





