MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

RIB yerekanye abantu 16 bakekwaho gukora inzoga zitujuje ubuziranenge

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
08/08/2026

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanye abantu 16 bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukora no gukwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, aho bamwe muri bo ari ba nyir’inganda n’abakozi bazikoramo.

Aba bantu beretswe itangazamakuru ku Cyicaro gikuru cya RIB kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 8 Kanama 2026. RIB yatangaje ko ibikorwa byo kubafata byatangiye ku wa 27 Nyakanga 2026, mu rwego rwo guhangana n’ibinyobwa bishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry B. Murangira, yavuze ko abantu bamaze gufatwa mu Gihugu hose barenga 80, barimo abo mu byiciro bitandukanye.

Mu bafashwe harimo abakozi ba Leta, abayobozi mu nzego z’ibanze, ba nyir’inganda, abakozi b’inganda zari zarahagaritswe ndetse n’abandi bakekwaho gukomeza gukora ibyo bikorwa mu buryo butemewe.

RIB ivuga ko bamwe mu bakurikiranweho ibi byaha bakekwaho gukoresha methanol mu gukora inzoga zitujuje ubuziranenge. Mu byaha bakurikiranweho harimo guha umuntu ikintu gishobora kumwica, kunyereza umutungo, kwigomeka ku buyobozi n’ibindi byaha bitandukanye.

Dr. Murangira yavuze ko iperereza ritareba icyiciro runaka gusa, ahubwo ko buri wese ukekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa ashobora gukurikiranwa.

Ati: “Abakozi bakora muri Leta, ba nyir’inganda, abakozi bakora mu nganda zafunzwe, abayobozi mu nzego z’ibanze ndetse n’abantu bakora kinyeshyamba, nta rwego na rumwe rumuzi.”

Mu bantu 16 beretswe, harimo uyobora uruganda rwa Inguvu Gin Ltd, hamwe n’abandi bakozi barukoramo.

RIB kandi yavuze ko no mu zindi nganda zari zarahagaritswe hari abakozi bagiye bafatwa kubera ibyaha bakekwaho.

Mu ruganda rwa Entreprise Urwibutso, RIB yatangaje ko hari abakozi bafashwe. Icyakora, yasobanuye ko igice cy’uruganda rukora inzoga ari cyo cyafunzwe, mu gihe igice gikora imitobe cyo kitafunzwe.

RIB ivuga ko ibikorwa byo gufata abakomeje gukora cyangwa gukwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge bigamije cyane cyane kurengera ubuzima bw’Abanyarwanda no gukumira ibinyobwa bishobora kubateza ibibazo bikomeye.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Igice cy’umuhanda Ngoma-Ramiro cyatangiye gucanirwa

Igice cy’umuhanda Ngoma-Ramiro cyatangiye gucanirwa

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU