MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Igice cy’umuhanda Ngoma-Ramiro cyatangiye gucanirwa

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
08/08/2026

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma buvuga ko bwatangiye gushyira amatara mu muhanda Ngoma-Ramiro, aho bugaragaza ko ibikorwa byo kuwucanira bigomba kwihutishwa kuko bifasha mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibindi bikorwaremezo byo mu muhanda.

Umuhanda Ngoma-Ramiro (Bugesera) watangiye kubakwa mu Ukwakira 2021, ukaba ufite ibirometero bingana na 52, byari biteganyijwe ko uzatahwa mu mwaka wa 2025, gusa kubera impamvu zitandukanye, waje kugenda udindira aho kugeza ubu ibikorwa byo kuwubaka bigeze ku kigero cya 70%.

Kugeza ubu, ku gice cyo mu Karere ka Ngoma cyatangiye gushyirwamo amatara, kandi ahita atangira gucanwa. Bamwe mu baturage baganiriye na MUHAZIYACU, bavuga ko kuba uyu muhanda uri gucanirwa ari ikintu kiza kuko bituma bagira umutekano kuko abajura bitwikiraga umwijima bakaba babiba ariko ubu ntabwo ariko bimeze.

Bagaragaza Jean D’amour ucunga umutekano mu Murenge wa Gashanda, yagize ati: “Ubundi hari umwijima ku buryo gucunga umutekano mu gihe cya nijoro byabaga bigoye, ariko iyo hacaniye bituma tubasha gucunga umutekano neza kuko biratworohera. Turashimira Perezida wa Repubulika ukomeje kuduteza imbere.”

Nyirabavakure Marie Rose, yagize ati: “Umuhanda watangiye gucanirwa, buriya iyo umuntu ari kugenda, ari nijoro, hari igihe ugenda ukaba wasakirana n’ikintu ntukibone. Habaga hari umwijima ukomeye cyane, ariko ubu haba ku kwezi, haba mu mwijima tuba tumeze neza umuhanda usa neza ntacyo twikanga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma Niyonagira Nathalie avuga ko uyu muhanda wagiye udindizwa n’impamvu zitandukanye ubu wakabaye waruzuye, ariko ubu bari mu biganiro na za kompanyi ziwukoramo ku buryo zongera imbaraga mu bikorwa ukuzura vuba ari nayo mpamvu ubu watangiye gucanirwa.

Mu kiganiro yagiranye na MUHAZIYACU yagize ati: “Umuhanda urimo urakorwa habayemo imbogamizi zituma uhagarara ariko hari ibikorwa biri gukorwa, harimo ibyo kuwucanira ku gice kimwe kandi n’ikindi biri hafi wose ugacanirwa. Turacyarimo kuganira na kompanyi ziwukora ku buryo imirimo cyane cyane ku ruhande rugana mu Bugesera yasubukurwa kugira ngo bive mu nzira umuhanda urangire.”

Biteganyijwe ko uyu muhanda uzuzura utwaye asanga miliyari 64 z’amafaranga y’u Rwanda.

Muri 2016, ubwo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ngoma nibwo yemereye abaturage uyu muhanda uzahuza Akarere ka Ngoma na Bugesera twombi two mu Burasirazuba ariko kandi ukazahita uhura n’undi ukomeza uhuza Akarere ka Bugesera n’aka Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda unyuze ahitwa ku Ruhuha-Rwabusoro-Busoro-Gasoro aho kuri urwo ruhande ho imirimo yasojwe ukaba ukoreshwa.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Abatuye i Mushikiri biyubakiye ikiraro cyuzuye gitwaye miliyoni 17Frw kibahuza na Ngoma

Abatuye i Mushikiri biyubakiye ikiraro cyuzuye gitwaye miliyoni 17Frw kibahuza na Ngoma

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU