Uwamwezi Mercianna ni umugore utuye mu Murenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare, mu buhamya bwe avuga ko uruganda rwe rwatunganyaga umusaruro ukomoka ku mbuto, rukaba rwari rumaze kugira agaciro k’arenga miliyoni 100 Frw rwahombye nyuma yo guterwa n’ibiza kuri ubu akaba asaba Leta kumufasha.
Uyu mubyeyi avuga ko uruganda rwe rwari rufitiye akamaro abaturage bo mu Murenge wa Musheri kuko yabahaga akazi ndetse akigisha n’abanyeshuri batandukanye binyuze mu ukwimenyereza umurimo.
Yagize ati” Uruganda rwanjye uko rwari ruhagaze agaciro karenga miliyoni 100 Frw ku bikorwa bifatika amamashini n’inyubako, rwakoreshaga abakozi 24 mu gihe twumisha inanasi, nyuma y’aho rero naje guterwa n’ibiza ruragwa ndimo kwagura, nkirimo gusana Corona iba ijemo. Kandi nagombaga gushaka ibyangombwa by’ubuziranenge kuko nari mfite isoko ryo hanze, nshaka ibyangombwa byose by’ubuziranenge nsoza mbuze igishoro.”
Yakomeje agira ati” Nari nagize n’amahirwe Rwanda TVET Board bari banyemereye kujya nigisha abanyeshuri mu mezi atandatu, umwaka bakaba banishyura n’amafaranga. Abo banyeshuri baza kwiga nshaka uburyo bushoboka bwose nkabashakira ibikoresho bagakora ibyo bakoze rero nibyo bituma uruganda rukomeza kubaho.”
Uwamwezi yavuze ko kandi yasabye inkunga anyuze muri CDAT na BDF ariko asubizwa ko umushinga we utemerewe. Yakomeje avuga ko asaba inkunga akabasha kuba yakomeza umushinga we.
Umuyobozi Mukuru wa BDF Vincent Munyeshyaka yavuze ko umushinga wa Uwamwezi ushobora kuba ufite ibibazo bikomeye, amwizeza kuzahabwa ubufasha bwo kuwusuzuma hakarebwa ikibazo ufite maze ukavugururwa.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB Dr. Solange Uwituze yavuze ko umushinga wa Uwamwezi wari ufitiye akamaro abaturage bityo ko harebwa ubundi buryo ufashwamo.
Ati” Niyo kunyura muri CDAT bitakunda, icyiza ni umudamu, ndasaba BDF ko twamufasha tukamuherekeza kuko ni ibintu byiza cyane yaba inkuru nziza yabo mufasha muri BDF kandi siwe wenyine afatiye runini abantu muri rusange.”
Uruganda rwa Uwamwezi rwumishaga inanasi, imyembe n’imineke bigakorwamo confitures, imitobe ndetse n’imivinyo itandukanye. Rwari rufite ubushobozi bwo gukora litiro ibihumbi 10 z’imitobe ku munsi, kumisha toni imwe n’ibilo 200 za confitures ku munsi ndetse na litiro ibihumbi 120 z’imivinyo ku munsi.
Yatangiranye miliyoni 1.5 Frw z’inguzanyo muri banki,arakora kugeza kuri miliyoni zirenga 100 Frw nubwo yaje guhomba.







