MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare: Abahoze ari Abazunguzayi bishimira ko bubakiwe isoko rya miliyoni 143Frw

Gervais NiyonzimaYanditswe na Gervais Niyonzima
20/07/2026

Abahoze ari abazunguzayi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kuba barubakiwe isoko rya kijyambere ryatwaye miliyoni 143 z’amafaranga y’u Rwanda ryabahinduriye imibereho, aho ryabafashije kubona ahantu hatekanye ho gukorera ubucuruzi, kurinda ibicuruzwa byabo no kongera inyungu bakuraga mu kazi kabo.

Iri soko riherereye mu Murenge wa Nyagatare, Akagari ka Nyagatare, Umudugudu wa Mirama I, rikaba ricururizwamo n’abacuruzi batandukanye biganjemo abagore bahoze bakorera ubucuruzi ku mihanda no ku miryango y’inzu y’abandi.

Bamwe mu bacururiza muri iri soko bavuga ko mbere ubuzima bwabo bw’ubucuruzi bwari bugoye kuko bakoreraga hanze, bakabangamirwa n’imvura, izuba ndetse n’umutekano muke w’ibicuruzwa byabo.

Mukandamage Euphrasie, umwe mu bahoze ari Umuzunguzayi, yavuze ko isoko ryabafashije gukora ubucuruzi bafite icyizere.

Yagize ati: “Mbere twacururizaga hanze, rimwe na rimwe imvura yagwa ikatunyagira cyangwa ikangiza ibicuruzwa byacu. Ariko ubu mfite aho mbibika nkafunga kandi umutekano wabyo wariyongereye. Ibyo byose byatumye natwe turushaho gukora neza.”

Niyodusenga Clémentine yavuze ko kuva bimukiye mu isoko rya kijyambere batakigorwa no kuzerera bashaka aho bacururiza.

Yagize ati: “Nacururizaga ku muhanda nk’umuzunguzayi, ariko nyuma yo kutwubakira iri soko baduhurije hamwe. Mbere twagendaga twikoreye udutaro ducururiza ku mihanda no ku miryango y’abantu, ariko ubu dufite aho dukorera hatekanye kandi bidufitiye akamaro kanini.”

Uwizeyimana Marie Rose na we yavuze ko isoko ryabafashije kubungabunga ubuziranenge bw’ibicuruzwa byabo, cyane cyane imboga n’imbuto.

Ati: “Tugikorera mu muhanda nkatwe ducuruza ibintu bijyanye n’imboga byarononekaraga ariko aho twaboneye isoko, ubu dusigaye tubicuruza bigifite ubuziranenge bwabyo, ikindi ntitukinyagirwa cyangwa ngo twicwe n’izuba.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bukomeza gushishikariza abakiri gukora ubuzunguzayi kubureka bakagana amasoko bubakiwe, kugira ngo bakore ubucuruzi bwemewe kandi butanga umusaruro.

Ubwo iri soko ryashyikirizwaga abaturage ku mugaragaro, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare w’Agateganyo, Kakooza Henry, yasabye abaryifashisha kuribungabunga no gukomeza kuribyaza umusaruro.

Yagize ati: “Icyo tubasaba ni ukubungabunga iri soko mwubakiwe. Turifuza kandi ko n’abagikora ubuzunguzayi ku mihanda babureka bakaza gukorera muri iri soko. Turanasaba abaturage kujya bagurira abacururiza mu masoko kugira ngo n’abagicururiza ku muhanda babone impamvu yo kugana amasoko. Impamvu bamwe bagikora ubuzunguzayi ni uko hari ababagana, kandi akenshi baba batinya kwishyura imisoro. Nyamara imisoro ni yo Leta yifashisha mu kubakira abaturage ibikorwaremezo bitandukanye.”

Iri soko rya Mirama I rifite ibisima 112 byagenewe abacuruzi, rikaba ryarubatswe ritwaye miliyoni 143 z’amafaranga y’u Rwanda. Abaricururizamo bavuga ko ryabafashije kuva mu bucuruzi butagira icyerekezo bakajya mu bucuruzi bukorwa mu buryo bwemewe, butekanye kandi bubaha amahirwe yo kurushaho kwiteza imbere.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Gervais Niyonzima

Gervais Niyonzima

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Abahinga mu cyanya cya Kagitumba bafite ingamba zo kongera umusaruro

Abahinga mu cyanya cya Kagitumba bafite ingamba zo kongera umusaruro

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU