Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Ngoma basabwe kuba ‘nkore bandebereho’ mu gukemura ibibazo by’aho batuye birimo isuku nkeya, ibibangamiye imibereho y’abaturage nk’inzoga zitujuje ubuziranenge, n’ibindi.
Babisabwe tariki kuri iki cyumweru 01 Werurwe 2026, ubwo mu cyumba rusange cy’inama cy’ishuri rikuru rya RP Ngoma haberaga Inteko rusange y’urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Ngoma.
Muri iyi nteko rusange harebewe hamwe ibikorwa byakozwe n’urugaga rw’abagore ndetse hatangwa n’ikiganiro ku ruhare rw’umugore mu kubaka umuryango ushoboye kandi Utekanye.
Komiseri w’imiyoborere myiza mu rugaga rw’abagore mu bunyamabanga bwa FPR Inkotanyi ku rwego rw’Igihugu, Kabega Emeliene yasabye abagore kugira uruhare muri gahunda zinyuranye za Leta.
Kabega akomeza agira ati: “Dutekereze uburyo bushya wenda nk’ubwo twari dusanzwe dukoramo isuku dutekereze ibindi twashyiramo kandi buri wese abe ijisho rya mugenzi we. Ibi bikorwa tubikore tugamije impinduka zigaragarira amaso bya bishya ntibibe bishya ngo bishimwe hanyuma birangirane n’igihe runaka ahubwo abandi tubyigireho, natwe tube twagize ayo makuru tuyasangize abandi.”
Yasabye abagore ko muri gahunda y’ibikorwa bafite bashyiramo gahunda y’umugore mu cyerekezo 2050 kandi batibagiwe inshingano z’inyabutatu.
Yasobanuriye ko iyo bavuze inshingano z’inyabutatu baba bavuze inshingano z’urugo, inshingano z’ububyeyi n’inshingano z’iterambere ry’Umuryango n’igihugu. Kandi ko ari gahunda nziza ihita ikemura ikibazo cy’uburinganire n’ubwuzuzanye kandi bakumvikana neza umugabo n’umugore bakuzuzanya nta mpungenge.
Kabega yongeye abaha umukoro wo gukoresha neza Ikinyarwanda, isuku n’isukura no kwiyemeza indangagaciro y’ubunyangamugayo kugira ngo ibubakire icyizere ndetse ibabere igishoro
Yasoje agira ati “Mureke tube ba nkore bandebereho aho dutuye mu gukemura ibibazo by’aho dutuye, tugatanga serivise nziza kandi inoze ahantu hose, bya bindi bike bisigaye tuve hano twiyemeje kubigira byiza kurusha.”
Chairman w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Ngoma, Mapambano Nyiridandi Cyriaque yashimiye aba bagore ku bikorwa bitandukanye by’umuryango bagiramo uruhare.
Chairman Mapambano yavuze ko barimo gutakaza urubyiruko n’umuryango kubera imyitwarire y’abawugize, maze asaba ko hashyirwamo imbaraga.
Ati “Urubyiruko rurajya mu biyobyabwenge kandi turi ba mutima w’urugo, ntabwo dukuraho inshingano z’abagabo ariko tubanze dukore n’inshingano zacu, urebye uko duhanganye n’icyo kibazo n’ibibazo by’inzoga z’inkorano kandi abaducika ni abanyamuryango.”
Uhagarariye urugaga rw’abagore mu Karere ka Ngoma, Mukantagara Peace yavuze ko bagiye kongera imbaraga mu bukanguramabaga kugira ngo abagore barusheho kugira aho bivana nabo bigeza.











