Karasira Faustin ukorera umwuga w’ububaji mu gakiriro ka Kabarore mu Murenge wa Kabarore arishimira intambwe y’iterambere yagezeho abikesha kwita ku kazi ke, ibyatumye agirirwa icyizere n’abantu batandukanye, agenda atera imbere akava ku gishoro cy’ibihumbi 400Frw kikazamuka kikagera kuri miliyoni 12Frw.
Mu kiganiro MUHAZIYACU yagiranye na Karasira, yasobanuye uko yatangiye gukora umwuga w’ububaji mu mwaka wa 2011, none kubu afite kompanyi yitwa ‘Atelier polytechnique Gatsibo’ ikora ibikoresho byiganjemo ibyo murugo birimo intebe n’ibitanda, aho iyi kompanyi ifasha urubyiruko muri gahunda yo kwigira ku murimo, kuri ubu abasaga 100 bamaze guca muri iyi kompanyi bakahavana ubumenyi bubajyana ku isoko ry’umurimo.
Si gahunda yo kwigira ku murimo gusa ,kuko iyi kompanyi ya Karasira ya Atelier polytechnique itanga n’amasomo y’igihe gito ku rubyiruko rwifuza kwiga imyuga, aho kuri ubu abagera 10 barimo gusoza amasomo yabo. Ni mu gihe kandi abagera kuri batandatu bari muri gahunda yo kwigira ku murimo, bitegura kujya guhatana ku isoko ry’umurimo.
Karasira Faustin avuga ko gukorana neza n’abantu ari intwaro ikomeye yo gutera imbere, aragira ati: “ Natangiye bitoroshye mfite igishoro gito kitarenze ibihumbi 400Frw, natangiye nkorera abantu inzugi, ariko kubera gukorana n’abantu neza abantu bagenda bangirira icyizere, ntangira kubona ibiraka bifatika mbona n’amafaranga, nibwo nagize igitekerezo cyo gushinga kompanyi kugira ngo njye mbasha gupiganirwa amasoko ya Leta n’ayabikorera; ndeka gukora inzugi zonyine nongeraho n’ibikoresho byo mu nzu bitandukanye.”
Akomeza avuga ko kompanyi yakuze ikaba imaze kugira icyerekezo, ati: “Ubu dukora ibikoresho bikoze mu biti ndetse no mu byuma, dukora imashini zitandukanye abantu bifashisha kandi zitangiza icyirere zirimo izitunganya ubwatsi bw’amatungo, izitunganya umusaruro w’ubuhinzi twavuga nk’izikora kawunga.”
Karasira agira inama urubyiruko kudasuzugura umurimo, ati: “ Nashishikariza abakiri bato kwitabira umurimo kandi ntibagire uwo basuzugura, ariko cyane cyane nabashishikariza kwiga imyuga kuko iyo uzi umwuga biragufasha cyane mu buzima, natangiye ntafite igishoro gifatika ariko kubera ko nari mfite ubumenyi no kudacika intege nagiye mbona ibiraka kandi mbikora neza.”
Bamwe mu rubyiruko rufata amasomo muri ‘Atelier polytechnique Gatsibo’, bavuga ko bibafasha kunguka ubumenyi no kutishora mu ngeso mbi, ndetse kandi ko bibafasha no kwigaragariza abantu bashobora kuzabaha akazi mu gihe bageze hanze ku isoko ry’umurimo.
Irasubiza Tresor w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kabarore, ati: “ Kuza kwiga umwuga ni ibintu by’agaciro kuko bizamfasha kwiteza imbere, kuko iyo turi kwiga umwuga tugenda duhura n’abantu batandukanye babona ibyo dukora bishobora kuduha akazi mu gihe twashoje kwiga, ikindi bidufasha ni uko bituma tudatekereza ibindi bintu by’uburara no kwishora mu biyobyabwenge kubera ko usanga umwanya wacu buri gihe tuba dufite ibyo dukora.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Sekanyange Jean Leonard ashimira abafatanyabikorwa b’Akarere bafasha urubyiruko kwigira ku murimo nk’imwe mu ngamba zo kurwanya ubushomeri no guhanga umurimo.
Aragira ati: “Nk’ubuyobozi dufite inshingano zo gushakira urubyiruko n’abatari urubyiruko umurimo, n’amahirwe ataboneka kenshi kubona abikorera n’abafatanyabikorwa bemera gufungura imiryango kugira ngo urubyiruko rushobore kwimenyereza umwuga, tubyita kwigira ku murimo kuko agenda akimenyereza umurimo agakurayo ubumenyi bumufasha ejo cyangwa n’ejo bundi nyuma y’igihe runaka na we akaba yatangira kwikorera; rero turashimira abafatanyabikorwa bacu, uburyo dufatanya mu guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri.”
Karasira Faustin watangiranye igishoro gito akora inzugi gusa kuri ubu avuga ko buri kwezi ashobora kwinjiza inyungu y’amafaranga atari munsi y’ibihumbi 500Frw, kandi akaba akoresha abakozi bagera kuri 6 bahoraho bahembwa hagati y’ibihumbi 150 ndetse na 200 kuri buri umwe.









