Abakoresha umuhanda Nyagatare–Musheri–Kagitumba barishimira intambwe imaze guterwa yo gushyiraho amatara amurikira uyu muhanda, bavuga ko byahinduye cyane ubuzima n’umutekano wabo, cyane cyane mu masaha y’ijoro.
Uyu muhanda ureshya na kilometero 36, ukaba uhuza Umujyi wa Nyagatare n’imirenge ya Musheri na Matimba muri Kagitumba, watangiye gushyirwamo amatara mu kwezi mu Ukuboza 2025 yihariye akoresha ingufu z’imirasire y’izuba gusa.
Kugeza ubu, ikiciro cya mbere kingana na kilometero 14.1 cyamaze kurangira, mu gihe imirimo ikomeje ku gice gisigaye.
Bamwe mu baturage bavuga ko mbere y’uko amatara ashyirwaho, hari ahantu hatinyitse cyane ku buryo byageraga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00), ntihagire uwongera gutambuka adafite impungenge kubera umwijima uteye ubwoba.
Mukandayisenga Odette utuye hafi y’uyu muhanda mu kagari ka Barija, Umurenge wa Nyagatare yagize ati: “Mbese byageraga nimugoroba abantu bakihutira gutaha. Saa kumi n’ebyiri zageraga nta muntu ugitambuka hano kubera umwijima. Ubu dusigaye tugenda na nijoro nta bwoba dufite, kuko amatara araka neza.”
Umwe mu banyeshuri biga muri East African University Rwanda (EAUR) yavuze ko mbere hatarashyirwaho amatara, umutekano wari muke cyane, ku buryo hari n’abahura n’ubujura.
Yagize ati: “Bigeze kunyamburira terefone hano hafi y’umuhanda kubera ko hatabonaga na gato ubwo nari mvuye ku ishuri. Ariko ubu kuva hashyirwaho amatara, tugenda twisanzuye, kandi kuko haba habona.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Matsiko Gonzague, avuga ko gushyira amatara kuri uyu muhanda ari imwe mu ngamba zigamije guteza imbere ubukungu n’umutekano.
Yagize ati: “Uyu muhanda ni ingenzi cyane mu buhahirane no mu ngendo zihuza Nyagatare n’indi mirenge ndetse no ku mupaka. Gushyiraho amatara byitezweho kongera umutekano.”
Naho ngo kuba harifashishijwe ingufu z’imirasire y’izuba, ni mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu zisubira (renewable energy) aho bishoboka, nk’uko biteganywa na Ministry of Infrastructure.







