Icyombe kinini cyo mu Kiyaga cya Mugesera cyari kimaze hafi imyaka ibiri cyarangiritse ku buryo kitakoreshwaga mu kwambutsa abantu n’ibintu, kigiye kongera kwifashishwa mu buhahirane, cyane cyane buhuza abo mu turere twa Rwamagana na Ngoma, n’abo mu bindi bice by’igihugu.
Icyombe kivugwa ni ubwato bunini bwashyizwe mu Kigaya cya Mugesera mu 1982 bwakoreshwaga mu kwambutsa abantu n’ibintu.
Amakuru MUHAZIYACU yahawe n’abaturage bo mu Murenge wa Mugesera ni uko kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Nzeri 2021, Abatekinisiye bari bamaze iminsi bakora iki cyombe, bagisuzumye, baracyatsa ndetse bakora igisa n ‘igerageza ryo kugitwaraho abantu n’ibintu; ku buryo bashimishijwe cyane no kongera kukibona gikora.
Uwo mu tugare yagize ati:”Dufite amakuru y’uko bagihaye rwiyemezamirimo, hashyizemo indi moteri, ariko igikuru kidushimishije cyane ni uko cyongera gukora tukoroherwa no kujya twambuka no kwambutsa ibintu hakurya.)
Iki cyombe cyari kigiye kumara imyaka ibiri kidakora, iyo ari kizima ngo gifite ubushobozi gutwara toni 30, ku buryo gipakira abantu n’ibintu birimo n’imodoka, hatabayeho kuzenguruka inzira zo ku butaka ahubwo hakabaho kwambuka mu buryo buhendutse kandi budatinda mu Kiyaga cya Mugesera kiri hagati y’uturere twa Rwamagana na Ngoma.
Amakuru yizewe MUHAZIYACU ifite kandi ni ay’uko Akarere ka Ngoma kari gutegura umuhango wo kongera gufungura ku mugaragaro ibikorwa byo gutwara abantu n’ibintu mu Kiyaga cya Mugesera hakoreshejwe iki cyombe, niba nta gihindutse mu cyumweru gitaha.
Izindi nkuru zijyanye n’iki cyombe:
- Ngoma: Uko icyombe gitinda gukoreshwa kirarushaho kwangirika
- Icyombe cyo mu Kiyaga cya Mugesera gishobora gutezwa cyamunara
Icyombe cyo mu Kiyaga cya Mugesera, cyahagejejwe mu myaka 1982, bikavugwa ko kazanywe nk’impano n’Umupadiri wo ku mugabane w’u Burayi.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 iki cyombe cyaranzwe no kwangirika bya hato na hato, Akarere ka Ngoma kagashora amafaranga atari make mu kugisana, kigakora igihe gito kikongera kigapfa.









