MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Gatsibo: Abaturage barashishikarizwa guhinga ubutaka bwose birinda kuvanga ibihingwa

Eric NzabahimanaYanditswe na Eric Nzabahimana
24/09/2025

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo burashishikariza abahinzi guhinga ubutaka bwose bushobora guhingwaho, birinda kuvanga ibihingwa kugira ngo bitege umusaruro ushimishije.
‎
‎Ibi ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo burabugarukaho mu gihe mu Gihugu hose hari gutangira igihembwe cy’ihinga cya 2026A, igihembwe byagaragaye ko imvura izaba nke by’umwihariko mu Ntara y’Iburasirazuba.
‎
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Gatsibo baganiriye na MUHAZIYACU, bagaragaza ko kuri ubu imyiteguro bayigeze kure kandi ko abambere bagejeje imbuto mu butaka, bemeza ko bakurikiza amabwiriza bahawe n’ubuyobozi bakoresha inyongera musaruro.

Bakenga Emmanuel utuye mu Murenge wa Kabarore, Akagari ka Kabarore, yagize ati: “Twiteguye neza turabona ikirere kimeze neza ubu turimo gutera ibigori, muri macye ntagihindutse turabona ihinga ry’iki gihembwe rigomba kugenda neza ifumbire twarayiteguye nta kibazo tuzagira ibindi byaba iby’ikirere.’’
‎
Akimana Jeanette wo mu Murenge wa Kabarore, yagize ati: “Nditeguye cyane njyewe iki gihembwe nahisemo kuzatera ibishyimbo nabonye ari byo bimpa umusaruro, kuko n’ubundi iyo ibishyimbo byeze neza urabigurisha ukagura ibigori cyangwa n’ikindi ushaka.’’
‎
Mukamana Béatha na we wo mu Murenge wa Kabarore, yagize ati: ’’Twiteguye neza urabona ko udusanze dutera ibigori kandi nk’uko bigaragara ikirere gishobora kuzaba cyiza, ariko dufite imbogamizi y’uko kubona imiti yica udukoko turya imyaka bitatworohera.’’
‎
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Sekanyange Jean Leonard, avuga ko bagira inama abahinzi gutera imbuto kandi bashyizemo ifumbure kugira ngo umusaruro uzarusheho kwiyongera.

Anashishikariza abantu bafite ubutaka ahantu hanyuranye ko bukwiye guhingwa bwose, ndetse n’udafite ubushobozi bwo ku buhinga bwose agashaka uwo bafatanya, ariko ntihagire ibisambu birara bidahinze ku misozi.
‎
‎Yagize ati: “Twiteguye neza igihembwe cy’ihinga cya 2026A, cyane cyane hibandwa ku bihingwa byatoranyijwe kugira ngo abaturage babone ibyo kurya, abahinzi banini babibonemo n’inyungu zo kuba banabigurisha, atari abanini gusa n’abato bakabona inyungu zivuye ku buhinzi.”
‎
“Twakoze inama n’ubukangurambaga duhuza ibyiciro bitandukanye harimo amakoperative y’abahinzi, n’abafatanyabikorwa bacu mu by’ubuhinzi, NGOs zikorera mu by’ubuhinzi n’abandi batandukanye, twakoze inama zitandukanye zigera kuri enye, mu byiciro bitandukanye ndetse tunafata n’ingamba muri gahunda yo guhuza ubutaka yitwa ‘FOBASI’.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Eric Nzabahimana

Eric Nzabahimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kirehe: G.S Rebero yahembewe kwitwara neza mu isuku n’isukura

Kirehe: G.S Rebero yahembewe kwitwara neza mu isuku n’isukura

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU