Ikigo cy’Urwunge rw’amashuri rwa Rebero giherereye mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, cyahawe ibihembo by’uko iki kigo cyitwaye neza mu marushanwa yo kugira isuku; abanyeshuri bakangurirwa kugira isuku aho bari hose.
Ibi byabaye kuri uyu wa 23 Nzeri 2025, ubwo ubuyobozi bw’Akarere bwifatanyaga n’Umushinga Water for people mu guha abanyeshuri ibihembo batsindiye kubera ko bitwaye neza mu marushanwa yo kugira isuku birinda umwanda.
Mu bihembo bahawe harimo ibikoresho by’ishuri, birimo amakaye n’amakaramu, bahawe kandi ibikoresho bibafasha kuyungurura amazi (Filter) zigera kuri eshanu, imwe ikagura 100,000 Frw, bahawe kandi Sato tap ibafasha gukarana inoki mu buryo bworoshye, bahabwa na Sato Pan zigera kuri 14 imwe ikagura asaga ibihumbi 12.
Umuyobozi GS Rebero, Mukangango Louise, yavuze ko mu myaka itatu iki kigo kimaze ari ubwa mbere gihawe ibihembo kubera igikorwa cy’indashikirwa bagezeho, yemeza ko iki kigo isuku ariyo iza ku mwanya wambere.
Yagize ati: “Mu myaka itatu tumaze nibwo tugiye guhabwa ibihembo nk’ibi dushimiye bikomeye ababigizemo uruhare n’abagiye kudugemba, muri iki kigo duharanira uburezi bufite ireme ariko nanone tukaba twimakaza isuku n’isukura. Turabashimiye cyane kuba mwatuzaniye ibihembo.”
Iraguha Jerome umukozi ushinzwe isuku n’isukuru mu kigo “Isoko y’ubuzima” yagaragarije abanyeshuri ko ibyo bakora byose batimakaje isuku ko ntacyo bageraho kuko indwara zabahitana, yemeza ko kuba batsinze ari uko hari icyo bakoze.
Yagize ati: “Ni ibyishimo byinshi dusangiye twese uko turi hano, ndashimira ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe dufatanya ibi byose tugeraho baba badufashije, kuri uyu mwanya mwabaye abambere ntimuzasubire inyuma, ibi bihembo tubahaye mwarabikoreye, mukwiye kumenya ko isuku ihera kuri njye, ibyo wakora byose udashyize isuku imbere ntacyo wageraho.”
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukandayisenga Janvière yashimiye ubuyobozi bwa G.S. Rebero, asaba abanyeshuri kujya barangwa n’isuku haba ku ishuri no mu miryango yabo.
Yagize ati: “Turabashimira cyane ibikorwa mukora by’isuku n’isukura, mwitwaye neza kandi turabashimira. Mugomba kugira isuku ku mubiri, mu myambaro mwiyogoshesha kandi mubibwira n’ababyeyi banyu. Kuri ubu mwabaye ikigo cya Kabiri mu kwimakaza isuku, habayeho isesengura tubona ko iki kigo kitwaye neza mu bigo byose dufite mu Karere, kandi uruhare runini ni abarimu baba babigizemo uruhare, urabona ko mucyeye cyane.”
Mu marushanwa y’isuku n’isukura yakozwe muri za Karabu z’isuku n’isukura mu bigo by’amashuri yakozwe hirya no hino mu bigo by’amashuri, Ikigo cya GS Rebero cyaje ku mwanya wa kabiri n’amanota 88.55%, gikurikiye G.S Mugogo yagize amanota 88.73%. Ku mwanya wa gatatu haje, E.P. Rebezo ifite amanota 81.53%, umwanya wa kane haza E.P. Rumuri n’amanota 79.83% naho ku mwanya wa gatanu haza G.S. Mushongi ifite amanota 76.25%.







