Mu birori byo kwizihiza umunsi w’Umuganura mu Karere ka Bugesera, Ubuyobozi bw’Akarere bworoje abaturage batishoboye ndetse bunagenera ibiribwa abaturage batahiriwe n’ikirere bakarumbya imyaka yabo.
Ibikorwa byo kuganuza aba baturage ndetse no kuboroza, byabereye mu birori byo kwizihiza Umunsi w’Umuganura muri aka Karere, aho bawizihirije mu Murenge wa Ruhuha.
Umunsi w’Umuganura wa 2026 wari ufite insanganyamatsiko igira iti: “Umuganura: Isoko y’ubumwe n’inshingiro ryo kwigira.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhuha, Uwamugira Martha, yavuze ko Umuganura ari umuco Nyarwanda wihariye wibutsa Abanyarwanda gushimira ibyo bagezeho, gusangira umusaruro no kongera gutekereza ku byo bagomba gukora kugira ngo ejo hazaza harusheho kuba heza.
Yagize ati: “Uyu munsi si uwo kureba gusa ibyo twagezeho, ahubwo ni umwanya wo kwishimira ibyagezweho, gushimira uruhare rwa buri wese no kongera kwiyemeza gukora ibikorwa biteza imbere imiryango yacu. Iterambere rirambye rishingira ku ruhare rwa buri muturage.”
Ngwirije Emmanuel ni umwe mu bahawe inka ku munsi w’Umuganura, yavuze ko inka yahawe ari ikimenyetso cy’urukundo no kumwifuriza iterambere. Yavuze ko iyi nka yahawe azayifata neza ikororoka.
Ati: “Iyi nka bampaye kuri uyu munsi byanyeretse urukundo no gushyigikirana mu muco Nyarwanda. Rero nzayorora neza ku buryo izambyarira umusaruko nkanoroza n’abandi.”
Nyandwi Samuel na we ni umwe mu bagize imiryango yahawe inka, yagize ati: “ Uyu munsi ubaye ikimenyetso cy’ubuzima bwiza mu mibanire y’Abanyarwanda. Turashima Leta yashyizeho Umuganura kuko ari umwanya wo kongera kwicarara nk’abaturage tugasabana kandi tugasangira ibyo dufite.”
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yavuze ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka yibutsa Abanyarwanda ko ubumwe ari bwo shingiro ry’Igihugu, naho kwigira akaba ari yo nzira y’iterambere rirambye ridashingiye ku nkunga zituruka hanze.
Yagize ati: “Umuganura ni umwanya wo gusubiza amaso inyuma tukibuka ko abasokuru bacu basangiraga umusaruro nk’ikimenyetso cy’ubumwe. Uyu munsi uratwibutsa gukomeza gusigasira indangagaciro z’umuco Nyarwanda zirimo gukunda Igihugu, gukora umurimo unoze, gufashanya, gutabarana no gusabana.”
Mu rwego rwo gushimangira insanganyamatsiko y’uyu munsi, abaturage batabashije kubona umusaruro baganujwe basangira n’abandi, hanorozwa inka imiryango ibiri itishoboye kugira ngo bayifashe kwiteza imbere no kongera ubushobozi bwo kwigira.
Uyu munsi kandi wanaranzwe no kwerekana umusaruro w’ubuhinzi abaturage bejeje, harimo umuceri, imboga n’imbuto, ibishyimbo, ibigori n’ibindi.









