Abaturage bo mu Murenge wa Ntarama mu tugari twa Cyugaro na Kibungo bishimiye ko bagize uruhare mu gikorwa cyo kwisanira umuhanda wa kilometero imwe uhuza utugari twombi, bizeza ubuyobozi kuzarushawo kuwusigasira.
Igikorwa cyo gusana uyu muhanda cyabereye mu muganda usoza ukwezi kwa Kanama 2024, ku rwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Ntarama, wibanda mu bikorwa byo gusana imihanda no gusibura rigori ziwukikije.
Niyonshuti Jean Bosco, ni umwe mu baturage bakoresheje imodoka ye mu gikorwa cy’umugada, avuga ko kugira ubwitange mu muganda bifasha abaturage kubungabunga ibikorwaremezo nk’imihanda.
Ati: “Kuba twagize uruhare kugira ngo uyu muhanda tuwukore, ni ishema kuri twebwe nk’abawukoresha ndetse ni no kugaragaza ko tugira uruhare mu kubaka igihugu cyacu no kurinda ibyagezweho. Byatunejeje kandi turizeza abayobozi ko tuzajya tuwubungabunga neza ntuzongere kwangirika.”
Rutembeza Claude wo mu Mudugudu wa Cyugaro mu Murenge wa Ntarama avuga ko uyu muhanda bitunganyirije wari warangiritse ku buryo wari ukeneye imbara zo gushaka ibikoresho birimo amabute yu gusiba ibinogo byacukuwe n’isuri y’amazi anyura muri uyu muhanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Umwali Angelique yashimiye abaturage bishatsemo imbaraga zo kwisanira umuhanda wari warangijwe n’amazi aturuka ku musozi wa Nyarunazi, by’umwihariko ashimira abafite amikoro bitanga imodoka zabo ngo zifashishwe ku gutunda amabuye n’itaka ryo gusana uyu muhanda.
Umuhanda wasanywe n’abaturage muri uyu muganda ureshya na kirometero imwe ukaba ugiye gukemura ikibazo cy’ingendo z’abaturage n’abanyeshuri bajya kwiga ku kigo cy’amashuri cya Nyarunazi ndetse bikaba n’igisubizo cy’abaturage bataha mu ngo zituriye uyu muhanda.







