Ku bufatanye bw’Akarere ka Bugesera n’Umuryango mpuzamahanga ufasha abahinzi bato kwiteza imbere ‘One Acre Fund Rwanda’, bashyizeho ingamba zizabafasha kwita ku biti birenga miliyoni ebyiri biri gutegurirwa guterwa muri aka Karere bigakura neza nibura ku gikero cya 70% nyuma yo guterwa.
Mu nama nyunguranabitekerezo yabaye kuri uyu wa 14 Nyakanga 2026 yo kurebera hamwe uburyo bwo kuzita ku biti bivangwa n’imyaka bizaterwa mu gihembwe cy’iginga 2027A, hagaragajwe ko umubare w’ibiti bikura ari muto ugereranyije n’ibiba byaratewe muri gahunda yo kongera ibiti muri aka Karere, bityo hafatwa ingamba zirimo gushyiraho ubugenzunzi buhoraho bwo gukurikirana ubuzima bw’imikurire y’ibiti hirya no hino mu mirenge igize aka Karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Umwali Angelique yagaragaje ikizakorwa mu kugera ku ntego yo kubungabunga ibiti bizaterwa muri uyu mwaka bigakura ku kigero kiri hejuru ya 70%
Ati: “Turabasaba gukurikirana ibiti bivangwa n’imyaka biterwa mu byanya bigega ndetse n’ibiterwa hanze yabyo. Dukwiye guhindura uburyo bw’imikorere mu gutanga ibiti no kubikurikirana kuko mu myaka yashize twatangaga ibiti tukabona imibare y’abo twabihaye ariko bikarangirira aho ngaho. Ubu rero twese tugiye gufatanya kuko dufite abakangurambaga, abajyanama b’ubuhinzi, n’abafatanyabikorwa. Uko dukora ubukangurambaga mu bindi bikorwa, niko tugiye gukora no mu kureba cya giti cyatewe tucyiteho umunsi ku munsi.”
Uwimana Jeanne d’Arc ushinzwe ubuhinzi n’umutungo kamere mu Murenge wa Mayange yagaragaje ko abahinzi biteguye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutera ibiti bivangwa n’imyaka. Yasabye ko abahinzi bagezwaho ibiti hakiri kare kugira ngo bitererwe igihe.
Ati: “Abahinzi bacu biteguye kuzatera ibi biti ariko ni ngombwa ko abashinzwe gutanga umurama wo guhumbika ibiti mu mapepenyeri babikora hakiri kare muri uku kwezi kwa Nyakanga.”
Umuyobozi ushinzwe Umubano na Leta muri One Acre Fund Rwanda, Kazora Sheilla yashimye imikoranire myiza iri hagati y’uyu muryango n’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera mu kugeza ku bahinzi serivizi zitandukanye zigamije gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruzo z’ imbuto, ifumbire n’ibindi bibafasha kuzamura ubuhinzi bwabo. Yagaragaje kandi ko abahinzi bamaze kugera ku kigero gishimishije mu kwitaira serivisi zitangwa n’uyu muryango.
At: “Turashima ubufatanye bwiza buri hagati y’Akarere ka Bugesera na One Acre Fund Rwanda kuko bigaragarira mu bwitabire bw’abahinzi mu kugana no gusobanukirwa serivizi z’ubuhinzi dutanga. Rero natwe twiteguye gukomeza kurushaho ubwo bufatanye, by’umwihariko mu rugendo rwo gutera ibiti birenga 2,000,000 ndetse no kubibungabunga ngo bikure neza bitange umusaruro ku bahinzi.”
Zimwe mu ngamba zo kubungabunga ibiti bizaterwa, harimo guhemba buri muhinzi wese amafaranga 300 kuri buri giti yitayeho mu gihe kingana n’umwaka.
Mu Karere ka Bugesera habarurwa abahinzi basaga ibihumbi 31 bagerwaho na serivisi zo guhabwa nkunganire mu nyongeramusaruro: imbuto, ifumbire,amahugurwa y’ubuhinzi, n’uburyo bwo kubona amasoko.










