Mu rwego rwo kurushaho kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, abaturage bo mu Murenge wa Mwogo bavuga rikumvikana basuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo kubohora Igihugu iherereye mu Karere ka Gicumbi ku Mulindi w’Intwari bahakura amasomo abafasha gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’uruhare bakwiye kugira mu iterambere ry’Igihugu.
Uru ruzinduko bagiriye mu Karere ka Gicumbi ku Mulindi w’Intwari rwabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Ukwakira 2025, abagize iri tsinda barimo abagize Inama Njyanama y’Umurenge, iy’Akagari, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore, ba Mudugudu, abakozi b’Umurenge, Abajyanama b’ubuzima, n’abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza ndetse n’ayisumbuye.
Bakigera ku Mulindi w’Intwari basobanuriwe mu ncamake impamvu habayeho urugamba rwo kubohora igihugu ndetse banatemberezwa ibice bitandukanye bigize ingoro ndangamateka harimo n’Indaki Umugaba Mukuru w’Ingabo zari iza RPA icyo gihe Generali Major Paul Kagame yabayemo igihe kinini, ndetse n’aho abayobozi bakuru b’Umuryango RPF-Inkotanyi bari bari.
Kakuze Marie Clementine wo mu Murenge wa Mwogo, ni umwe bu basuye Umulindi w’Intwari avuga ko yahungukiye byinshi,
Ati: “Icyanejeje cyane ni ukuza kureba aho urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiriye ndetse n’uburyo uburinzi bwari buhagaze Umubyeyi wacu Perezida wa Repubulika Paul Kagame Imana ikahamurindira. Rero iki gikorwa cyatunejeje uburyo twagiteguye kuko twahungukiye ubwenge butari buke kandi bizadufasha kurushaho kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bwacu nk’abanyarwanda, dukomeze no guharanira iterambere n’ishema ry’u Rwanda.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwogo, Mushenyi Innocent, yagize ati: ‘Kugira ngo dutegure igikorwa cyo gusura iyi ngoro y’amateka yo kubohora igihugu, abaturage bifuje kurebera hamwe amateka yaranze Igihugu, by’umwihariko urugamba rwo kukibohora ndetse no kugira ngo urubyiruko twazanye n’abandi baturage bahagarariye abandi tuhigire byinshi bidufasha kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa kandi tunamenye ko Inkotanyi zaduhaye ubuzima.”
Muri uru rugendoshuri, Abavugarikumvikana kandi basuye Ingoro ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside iherereye mu nyubako y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ku Kimihurura, yubatse ahitwaga CND [Conseil National pour le Développement] ubu ni mu Nteko Ishinga Amategeko mu gice kigana aho umutwe w’abasenateri ukorera. Ibumbatiye amateka atandukanye y’imigendekere y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi nk’igice cya kabiri cy’amateka yayo.












