Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, bwatangaje ko bubabajwe no kumenyesha abantu ko kuri iki cyumweru mu gace ka mbere ka Tour du Rwanda, habaye impanduka yabereye i Gabiro yahise igwamo abaturage babiri mu barebaga uyu mukino n’abandi batandatu barakomereka.
Ni itangazo ryashyizwe ahagaragara ahagana saa cyenda n’igice z’amanywa(15:30). Rigaragaza ko Ubuyobozi bubabajwe no kumenyesha abaturage ko habaye impanuka yabaye uyu munsi mu gace ka Gabiro, mu gace k’isiganwa rya mbere (Stage 1), aho imodoka yari mu modoka zigendana n’isiganwa (caravan) yarenze umuhanda ikagonga abantu bari baje kureba isiganwa.
Ni itangazo rikomeza rimenyesha ko “abantu babiri bitabye Imana, abandi batandatu barakomereka. Abakomeretse bari kwitabwaho n’abaganga, kandi dukomeje gukurikiranira hafi uko ubuzima bwabo buhagaze.”
Polisi y’u Rwanda ngo yahise itangiza iperereza ku cyateye iyi mpanuka. Mu gihe kandi muri iri tangazo Ubuyobozi bwihanganishije imiryango yabuze ababo; kandi bwizeza ko ingamba zo gukaza umutekano w’abaturage zigomba gukomeza gushyirwa imbere.
Agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026, kahagurukiye i Rukomo, gasorezwa i Rwamagana ku ntera y’ibirometero 173,6.








