MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

N’iyo twavuga ngo ni inzoga zemewe, ubusinzi si wane- Meya Mutabazi Richard

Robert BashimikiYanditswe na Robert Bashimiki
20/08/2026

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard asaba abato n’abakuru gushyira imbaraga mu kuyobora urubyiruko mu nzira zo kureka kunywa inzoga ngo kuko ari kimwe mu bisubizo bizatuma Igihugu kigira ahazaza heza hafite abaturage bafite ubuzima bwiza n’indangagaciro z’umuco Nyarwanda.

Mu biganiro bitandukanye, Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bufatanyije n’izindi nzego ntibahwema guha ibiganiro urubyiruko bibashishikariza kureka kunywa ibiyobyabwenge ndetse no kureka inzoga kugira ngo bizabafashe kugira icyerekezo cy’ubuzima bwabo n’ubw’Igihugu muri rusange.

Ni muri urwo rwego kandi Leta y’u Rwanda yatangije ibiganiro nyungaranabitekerezo mu muryango mugari ku rwego rw’uturere, bigamije guhangana n’ikibazo gihangayikishije cy’inzoga zitujuje ubuziranenge zikoreshwa n’urubyiruko, bityo bikaba byangiza n’imibanire mu muryango.

Mu kiganiro Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard aherutse guha urubyiruko, yarugiriye inama yo kureka burundu inzoga kugira ngo rwiyubake ndetse rwubake n’Igihugu.

Ati: “Nk’abakuru tugomba gufata icyemezo kugira ngo turengere rwa rubyiruko. N’iyo twavuga ngo ni inzoga zemewe, ubusinzi si wane! Inzoga si nziza. Rwose nta muntu uterwa ishema ngo ni uko yanyoye, ntacyo bimaze pe! Tubireke, niba hari abakuze banywa inzoga, banywe mu rugero, ariko nkatwe abakiri batoya, rwose nabagira inama yo kuzihorera; uretse no kunywa ibyuma, n’izisanzwe mubishoboye muzireke nta kindi zongeraho.”

Giramata Angelique, ni umwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Ntarama, ahamagarira urubyiruko gufata umwanzuro wo kureka inzoga n’ibindi biyobyabwenge.
Ati: “Icyo nashishikariza bagenzi banjye ni uko ugomba gufata umwanzuro ukareka inzoga n’ibiyobyabwenge, ukabyamagana aho biva bikagera kugira ngo tugire ubuzima bwiza.”

Umutoniwase Denyse wo mu Murenge wa Nyamata, na we ashishikariza urubyiruko rugenzi rwe kutishora mu biyobyabwenge, ati:“Ndashishikariza urubyiruko kutishora mu biyobyabwenge cyane cyane ko bidutera n’indwara z’umubiri turetse n’ibindi bituyobyamo ubwenge ariko binadutera n’ibindi bibazo by’umubiri.”

Igikorwa cyo gushishikariza abaturage cyane cyane urubyiruko kureka no kwamaganira kure ibiyobyabwenge, cyaguwe mu Gihugu cyose ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi (MOYA), ndetse n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma (OGS), bafatanyije n’inzego z’intara, uturere, ndetse n’abaturage.

Meya Mutabazi Richard, agira urubyiruko inama yo kureka burundu inzoga kugira ngo rwiyubake ndetse rwubake n’Igihugu
Giramata Angelique, ni umwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Ntarama, ahamagarira urubyiruko gufata umwanzuro wo kureka inzoga n’ibindi biyobyabwenge
Umutoniwase Denyse wo mu Murenge wa Nyamata, na we ashishikariza urubyiruko rugenzi rwe kutishora mu biyobyabwenge ndetse n’izindi nzoga ngo kubo bikurizamo indwara zitandukanye

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Robert Bashimiki

Robert Bashimiki

Izo bijyanye

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026
Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe
Inkuru z'ingenzi1

Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU