MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kirehe-Nasho: Impanuka y’imodoka yahitanye abantu bane abandi benshi barakomereka

Angelo ManziYanditswe na Angelo Manzi
17/08/2026

Abantu bane bapfuye, abandi benshi barakomereka mu mpanuka y’imodoka yabereye mu Murenge wa Nasho, mu Karere ka Kirehe, mu rukerera rwo ku wa Mbere, tariki ya 17 Kanama 2026. Iyi modoka yari itwaye abantu bari bavuye mu bukwe bwabereye mu Karere ka Kayonza.

Iyi mpanuka yabaye ahagana saa saba n’igice z’urukerera, mu Kagari ka Kagese, ku muhanda werekeza muri Kagese 2.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Nasho, Maniragaba Eppa, yabwiye MUHAZIYACU ko iyo modoka yari itwaye abantu 25.

Yagize ati: “Ni impanuka yabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere. Hakomerekejwe bikabije abantu 12, babiri bahita bagwa aho ngaho, abandi babiri baza kugwa kwa muganga. Mugitondo hari hamaze gupfa abantu bane.”

Abakomeretse bajyanywe ku Kigo Nderabuzima, nyuma bamwe boherezwa ku Bitaro bya Kirehe ndetse n’ibya Kibungo.

Amakuru MUHAZIYACU ifite ni uko saa saba z’amanywa, abantu bane ari bo bari bamaze kumenyekana ko bapfuye, mu gihe abandi bari bagikurikiranwa n’abaganga.

Gitifu Maniragaba yavuze ko umwana w’amezi icyenda wari muri iyo modoka atagize ikibazo, mu gihe umushoferi we yakomeretse bikomeye.

Yavuze kandi ko Polisi yahageze mu gihe cy’ubutabazi n’iperereza, igasanga umushoferi nta nzoga yari yanyoye.

Yasobanuye ko hakiri gukorwa iperereza ku cyateye impanuka, ariko agaragaza ko umuvuduko ushobora kuba waragize uruhare, cyane ko impanuka yabereye mu muhanda uri mu gace k’icyaro kandi mu masaha y’ijoro.

Ati: “Abantu bakwiye kwigengesera mu gihe cyo kugenda mu muhanda, bakirinda umuvuduko. Iyo urebye hari hahanamye, kandi imodoka yagendaga muri iryo joro, ntabwo twari tuzi umuvuduko yagendagaho.”

Yasabye abashoferi kujya basuzumisha ibinyabiziga byabo kenshi, kugira ngo barebe ko bifite umutekano, ndetse anasaba abagenzi kugira uruhare mu kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza umuvuduko ukwiye.

Yavuze ko mu makuru bahawe n’abaturage hari n’umwe mu bari batumiwe mu bukwe wavuze ko yari yabonye iyo modoka ifite ikibazo, akanga kuyigendamo ndetse ntiyanatashye muri yo.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Angelo Manzi

Angelo Manzi

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Nyagatare: Imikino y’abatarabigize umwuga yitezweho gufasha mu guhindura imyumvire y’urubyiruko

Nyagatare: Imikino y’abatarabigize umwuga yitezweho gufasha mu guhindura imyumvire y'urubyiruko

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU