Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Abapolisi bashya barangije amasomo yabo gukorana indangagaciro zirimo kwanga ruswa, gushishoza mu gufata ibyemezo no kuzuza neza inshingano zabo.
Ibi, yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026 mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi, “Police Training School” riri mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, ubwo haberaga umuhango wo kwinjiza ba Ofisiye bashya muri Polisi y’Igihugu.
Uyu muhango kandi wahujwe no kwizihiza imyaka 25 Polisi y’Igihugu imaze ikora ibikorwa byo kubungabunga umutekano mu bufatanye n’abaturage.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimye uruhare rwa Polisi y’Igihugu mu kubungabunga umutekano no guteza imbere ituze ry’Abanyarwanda.
Yagize ati: “Ndashimira Polisi y’Igihugu imyaka 25 imaze ikorera Igihugu cyacu akazi keza kandi k’indashyikirwa. Ndashimira Abapolisi bose ku bw’umurava n’ubwitange bwatumye Abanyarwanda babaho kandi bagakora akazi kabo batekanye, mu cyubahiro n’agaciro bibakwiriye. Izi ndangagaciro zikomeje no kubaranga hirya y’imbibe z’Igihugu cyacu.”
Perezida Kagame yavuze ko uko imiterere y’umutekano ku Isi igenda ihinduka, ari nako ibyaha birushaho gukorwa mu buryo buhanitse, bw’ikoranabuhanga kandi bwambukiranya imipaka, asaba Polisi y’u Rwanda gukomeza kujyana n’izo mpinduka.
Ati: “Imiterere y’umutekano ikomeje guhinduka, kandi ibyaha biragenda birushaho gukorwa mu buryo bugoye gukurikirana, buhindagurika kandi bwambukiranya imipaka. Niyo mpamvu imikorere ya Polisi y’igihugu nayo igomba kujyana n’igihe, imikorere ikumira ibyaha bitaraba, isubiza ibibazo bihari kandi ureba kure iyo niyo mikorere ya Polisi yacu twifuza. Mukomeze kubaka ubushobozi ubunyamwuga n’ibikoresho bijyanye n’igihe, bigomba kuba ku isonga niba dushaka gukumira no guhangana n’ibibazo bishya bigenda bigaragara.”
Yanagarutse ku bapolisi bashya barangije amasomo yabo, abasaba gushyira mu bikorwa ibyo bize no kurangwa n’indangagaciro zikwiriye umupolisi w’u Rwanda.
Yagize ati: “Abapolisi bashya, tubashimiye kuba mugeze kuri iyi ntambwe, ibyo mwize muzabigaragariza mu bikorwa. Aya mahugurwa murangije ntabwo yabateguraga mu buryo bw’umwuga gusa, ahubwo yabubatse mu buryo bw’indangagaciro. Tubitezeho kwanga ruswa, gushishoza mu gufata ibyemezo, no kuzuza inshingano zanyu uko bikwiye.”
Muri uyu muhango, hasoje Abapolisi bashya bagera kuri 436 barangije amahugurwa yabo yo kwinjira muri Polisi y’Igihugu ku rwego rwa ba Ofisiye, bahawe Ipeti rya Assistant Inspector of Police.
Amasomo aba bapolisi basoje bayatangiye tariki 15 Nyakanga 2025, barimo abagabo 327 n’abakobwa 109. Bari mu byiciro bitandukanye aharimo abanyeshuri 104 barangije amasomo y’icyiciro cya 2 cya Kaminuza mu mashami atandukanye mu ishuri rikuru rya Polisi riri i Musanze.
Icyiciro cya 2 kigizwe n’abanyeshuri 172 bari basanzwe ari Abapolisi bato, barimo Abanyarwanda 163 n’abandi 9 baturutse mu Gihugu cya Syshelles.
Icyiciro cya Gatatu ni abanyeshuri 86 baje muri aya mahugurwa bavuye mu buzima bwa gisivile, Icyiciro cya Kane kigizwe n’abanyeshuri 50 barimo 30 b’urwego rw’Igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano-NISS, na 20 b’urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha-RIB; mu gihe Icyiciro giheruka ari abanyeshuri bane bakoreye amahugurwa y’abofosiye bato mu bihugu bya Singapore na Misiri.







