MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ibyanya Bigega (FOBASI) bwitezweho kongera umusaruro w’ubuhinzi ku kigero cya 6% buri mwaka

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
16/03/2026

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, igaragaza ko ibyanya bigega by’ibiribwa (Food Basket Sites-FOBASI) byitezweho kuzamura umusaruro w’u Rwanda by’umwihariko ku bihingwa ngandurarugo, aho umusaruro uzajya wiyongeraho 6% buri mwaka; ikintu kizatuma abaturage bihaza mu biribwa.

Ibyo kongera umusaruro w’ubuhinzi byagarutsweho na Dr. Telephore Ndabamenye, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, mu kiganiro urubuga rw’itangazamakuru cyo kuri iki Cyumweru tariki 15 Werurwe 2026, gitambuka ku maradiyo atandukanye, aho yagaragaje ko ibyanya bigega biri kwitabwaho, abahinzi bigishwa guhinga bakabona umusaruro uhagije kandi ku buso buto, ku buryo bizatuma ibikomoka ku buhinzi byiyongera.

Impamvu y’ibyanya bigega, Minisitiri Dr. Telesphore Ndabamenye, agaragaza ko abaturage b’u Rwanda biyongera ariko ko ubutaka butiyongera, yagaragaje ko biteganyijwe ko mu mwaka wa 2050, abaturage b’u Rwanda bazaba bakabakaba hafi miliyoni 24, hafi ubwikube kabiri bw’abariho ubu, kandi ko icyo gihe ubutaka bwo buzaba butiyongereye ko ahubwo hakwiye gushakwa ubuyo ki umusaruro uboneka ubu ukwiye kongerwa, nguyko uko ibyanya bigega by’ibiribwa byatekerejwe, bitangira no gushyirwa mu bikorwa.

Kugeza ubu, hirya no hino mu Gihugu ubutaka bwahurijwe hamwe muri gahunda y’ibyanya bigega yaguye yo guhuza ubutaka bugera kuri hegitari ibihumbi 600 aho bwitezweho kuzamura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi ku kigero cya 6% nibura buri mwaka.

Iyi Minisiteri ikomeza igaragaza ko 70% by’abahinzi mu Rwanda bamaze kwitegura neza igihembwe cy’ihinga cya 2026B aho bamaze gutera imbuto, byitezwe ko iki cyumweru kizarangira nibura abarenga 80% nabo bamaze gushyira imbuto mu butaka.

Abigarukaho Minisitiri Dr. Ndabamenye yagize ati: “Iki gihembwe habayeho gutinda kw’imvura ariko nyuma yaje kuboneka ku buryo umusaruro uzaba mwinshi ugereranyije n’umwaka ushize cyane cyane ku bigori, kuko imvura yabonetse, ubu ibintu bihagaze neza kugeza ubu 70% by’abahinzi bamaze gutera; icyumweru gitaha bazaba bageze kuri 80% ku buryo bizagenda neza.”

Agaruka ku byanya bigega, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, yagaragaje ko kugeza ubu umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga wazamutse cyane cyane mu gihembwe cya Gatatu cy’ihinga cy’umwaka wa 2024-2025, ariko ko ibiribwa by’Abanyarwanda bakenera cyane byo byazamutseho 4%, yemeza ko umusaruro muri rusange wo wazamutseho 10% habariwemo n’ibyoherezwa mu mahanga. Ashimangira ko ikizazamura umubare w’ibyo Abanyarwanda bacyenera harimo n’ibyanya bigega.

Yagize ati: “Ibyanya bigega ni gahunda yashingiwe ku mpamvu za gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere, iyo tubirebye tubona ko aho tujya bisaba ko tuba dufite abahinzi bahinga kinyamwuga, dufite intego ko tuzongera 6% buri mwaka. Ubu 10% ni ibijya mu mahanga, 35% ni umusaruro w’amafi, ubworozi ni 6%, ibishyimbo, ibigori, ibijumba ni 4% byazamutseho.”

“Kugira ngo bizamuke hari ikigomba guhinduka no gukorwa, ariyo mpamvu twatekereje FOBASI, twaratekereje turavuga ngo hari icyo twanoza kuri biriya bihingwa ngandurarugo, dushaka kongera umusaruro kuri hegitari, twasanze icyakorwa ari uko hanozwa gahunda y’imikoreshereze twari dufite, harimo guhuza ubutaka, aho byazamutse haba mu nyongeramusaruro, gukoresha imashini,…”

Akomeza agaragaza ko ibi byose bizagerwaho habayeho gucyemura ibibazo by’abahinzi bahura nabyo, harimo kubura imbuto n’ifumbire ihagije kandi ikabonekera ku gihe.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi igaragaza mu Rwanda kuri hegitari imwe y’ibigori heraho toni ebyiri, kandi ko intego ari ukongera uyu musaruro ku buryo zizagera kuri toni umunani kugera ku icumi kuri hegitari imwe.

Dr. Telephore Ndabamenye, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026
Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe
Inkuru z'ingenzi1

Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

22/08/2026
Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kirehe: Imiryango 340 yavuye mu makimbirane kubera ‘Ndi inyenyeri mu muryango’

Kirehe: Imiryango 340 yavuye mu makimbirane kubera ‘Ndi inyenyeri mu muryango’

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU