Mu ntambwe nkeya uvuye aho ibiro by’Umurenge wa Gahengeri biherereye, mu Karere ka Rwamagana, niho umukecuru w’imyaka 63 witwa Ingabire Theodette atuye.
Mu gikari cy’uyu mubyeyi w’abana batatu ni ho usanga ikiraro kirimo inka yitwa Imbabazabahizi, iyitwa Imaragishyika ndetse n’indi yitwa Inkumburwa, ndetse n’akanyana gato kacyonka.
Ingabire yari umugore w’umupfakazi wihebye kubera ubuzima bubi yari arimo, ariko ngo kuva yaba mu bantu ba mbere bahawe inka muri gahunda ya Girinka, icyizere cy’ubuzima cyaragarutse.
Ati: “Izi nka ni girinka mbere baziduhaye zitwa inka z’ubudehe bayimpaye ari imwe ari akanyana gatoya nakorora neza karabyara nditura uwo nituye nawe yituye abandi. Ubwo rero izisigaye zikagenda zibyara zikabyara ibimasa nkikenura hari n’umwana w’umukobwa uraha zafashije kwiga ubu ararangije.”
Ingabire avuga ko yabaye mu nka cyane, ariko ko inka zaje gushira, arapfakara, agera aho yibaza niba azongera gutanga inka ukundi.
Asobanura agira ati: “Ahantu nakundiye Girinka, nari umuntu ukunda guhorana ubwigunge bw’ibibazo, nkahora mbabaye kubera ibibazo nahuye nabyo n’ubupfakazi ariko mbonye inka narishimye; zambereye igisubizo.”

Uyu mukecuru ufite inka eshatu n’umutavu mu kiraro avuga ko korora byamufashije kubaho neza, akaba ahantu heza, aba mu nzu nziza kandi irimo n’amashanyarazi, ndetse n’abana bakaba barabashije kwiga.
Ibi kandi bimufasha guhinga neza kuko aba yabonye ifumbire ashyira mu myaka. Kuri ubu ntabwo bigishoboka kongera umubare w’inka yorora, ahubwo ngo izizajya zizikomokaho azajya azigurisha bimufashe “kwikenura”.
Yongeye ati: “Inka Kagame yampaye ubu ifite umwuzukuruza; abo buzukuru b’iyo ya mbere nizo zagiye zimfasha. Maze kugurishamo nk’ibimasa bitatu, [kongeraho] n’iyongiyo nituye.”
Aha rero ni ho Ingabire ashingira avuga ko anenga abantu bahabwa inka muri gahunda ya Girinka bakayanga. Ati: “Ntabwo Imana yaguha ngo wowe winyage.”
Avuga kandi ko iyo abonye umuntu ufata inka nabi ababara cyane, yatanze urugero rw’umuntu wigeze guhagarara mu nteko avuga ko inka bamuhaye ayitanze kuko atayishoboye, “kandi ari umuntu w’umugabo!”
Yarongeye asobanura agira ati: “Harigihe baha abantu inka bakazanga mu ruhame ariko veterineri akabazana hano ngo mbabwire ibanga ryange nkababwira ukuntu bagomba gufata inka neza.”

Muhinda Augustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahengeri w’agateganyo, avuga Girinka yafatiye benshi runini mu Murenge wa Gahengeri mu rugamba rwo kwiteza imbere.
Icyo abwira abantu bafata nabi inka bahabwa ni uko: “Turabasaba ko aya mahirwe bagize yo guhabwa izo nka bayabyaza umusaruro, inka bakazitaho nkuko umukuru wacu yabivuze ko buri muntu wese agomba kubona inka kandi ikamufasha kwiteza imbere.”
Umurenge wa Gahengeri, ni umwe muri 14 igize Akarere ka Rwamagana, ni umurenge utuwe n’abaturage 28,913, naho 95 ku ijana muri aba baturage batunzwe n’umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi.






