Umugore witeguraga kwibaruka umwana we wa 3, muri iki Cyumweru, yapfuye nyuma yo kwanga kujya kwivuza no kubyarira kwa muganga, bikavugwa ko byatewe n’imyemerere y’idini rye ry’Abagenzi.
Iyi nkuru dukesha TV/Radio1, ivuga ko ibi byabaye muri iki cyumweru tariki 15 Nyakanga 2026, aho byabereye mu Mudugudu wa Karubisha, Akagari ka Nkomangwa, mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana.
Ngo nyakwigendera n’umuryango we bari baje gucumbika muri aka karere bavuye mu Karere ka Ruhango, bituma abaturanyi bamenya iby’iyi mpanuka batinze cyane.
Nsengimana, Umujyanama w’ubuzima mu Mudugudu wa Karubisha, yavuze ko bagerageje kenshi kumwinginga ngo yivuze ariko bikaba iby’ubusa, yagize ati: “Twarabasuye kenshi nk’abajyanama b’ubuzima, tubashishikariza ngo bajye kwipimisha inda, ariko barabyanze. Gusa nyuma twitabaje ikigo nderabuzima, Diane[uwo mubyeyi wapfuye] yatwandikiye urwandiko atubwira ko atagomba kujya kwipimisha cyangwa kubyarira kwa muganga kubera imyemerere ye.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umutoni Jeanne, yagaragaje ko nk’ubuyobozi nabo batunguwe nyuma yo kumenya aya makuru, ndetse ashimangira ko bagikurikirana iki kibazo, yagize ati: “Kuba ari iby’imyemerere byo ntabwo mbizi, icyo nzi ni uko bibabaje kumva ko umuntu yitabye imana atagiye kwa muganga, n’abaturanyi babimenye batinze kuko abo bantu bari bashya aho batuye, ku buryo natwe tugikurikirana ukuntu bitamenyekanye.”
Visi Meya Umutoni yavuze ko mu Karere ka Rwamagana bitari bisanzwe bimenyerewe ko umuntu yanga kwivuza cyangwa akanga gufata indangamuntu (ibyangombwa bya Leta) kubera idini, ati: “Idini ry’Abagenzi n’imyizerere yaryo byari bishya kandi bitandukanye n’iyo andi madini, twari tuzi nk’Abadivantisi bafite umwihariko wo kudakora ku wa Gatandatu gusa, ariko bakivuza.”
Ubuyobozi bwasabye abaturage gushyira ubuzima imbere y’imyemerere no gutanga amakuru ku gihe, cyane cyane ku bantu bashya binjira mu gace batuyemo.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe kwa muganga kugira ngo ukorerwe isuzuma, naho iperereza rirakomeje ngo hamenyekane imiterere y’iki kibazo.






