MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Gatsibo: Abakora ubucuruzi bwo kwakira abantu bategujwe ko nibatita ku isuku ibikorwa byabo bizafungwa

Eric NzabahimanaYanditswe na Eric Nzabahimana
16/07/2026

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo burakangurira abakora ubucurizi bufite aho buhuriye no kwakira abantu kutarangamira inyungu gusa ahubwo ko bagomba kwimakaza umuco w’isuku n’isukura aho bakorera mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’ababagana.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 16 Nyakanga 2026 mu biganiro byahuje ubuyobozi bw’Akarere n’abafite amahoteli, Moteli, resitora, utubari, ndetse n’inzego z’ubuzima, hagamijwe kureba uko serivisi z’isuku n’isukura zarushaho kunozwa aho bakorera.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yasabye abatanga serivisi zo kwakira abantu kutarangamira gushaka inyungu gusa ahubwo ko bakwiye no gutekereza ku buzima bw’abo bakira, bita ku isuku y’aho bakorera.

Yagize ati: “Tumaze igihe dukora ubugenzuzi ahantu hahurira abantu benshi, bimwe mu byo twabonye ni uko hari aho isuku ikiri nkeya mu bijyanye no gutegura amafunguro, aho ategurirwa ndetse n’abayageza ku bagiye kuyafata. Niyo mpamvu twifuje kuganira n’abayobozi b’amahoteli, resitora, utubari, ndetse n’inzego z’ubuzima kugira ngo duce umurongo, twumvikane ku bidakwiye twese tubyange. Hari aho usanga abantu badashaka kubyubahiriza kubera inyungu babifitemo ariko twumvikanye ko inyungu zatuma umuturage abura ubuzima tutazihanganira.”

Yakomeje agira ati: “Aho tuzasanga hatari isuku twateganyije ibihano, bishobora kuba ibihano by’amafaranga, ibihano byo gufungirwa, ariko hari igihe abantu bibwira ko ibihano ari ugufungirwa gusa, ariko iyo hajemo ko abantu batakaje ubuzima bishobora kuba nshinjabyaha, umuntu akabazwa impamvu yagaburiye umuntu ibitameze neza bikamutera kubura ubuzima, twemerenyije ko ikibazo gihari kandi bakibona ariko ko kigiye gukosoka.”

Bamwe mu batanga serivisi zo kwakira abantu muri Gatsibo baganiriye na MUHAZIYACU bemeza ko isuku itaragera ku kigero gikwiye ariko ko bagiye kongeramo imbaraga mu kunoza isuku y’ibyo batanga ndetse n’aho bakorera.

Mukamanzi Marie Louise afite resitora mu Murenge wa Kiziguro aragira ati: “ Isuku ni ngombwa cyane by’umwihariko ahategurirwa amafunguro, ndetse n’abayategura bakwiye kuba bafite isuku, icyo tugiye kwitaho ni ukurangwa n’isuku mu byo dukora byose bidasabye ko ubuyobozi buza kutugenzura ahubwo tukabigira umuco, nibwo tuzaba twubashye ubuzima bw’abantu.”

Nyagahigi Théoneste acuruza imiti muri Farumasi mu Murenge wa Kabarore, aragira ati: “Icyo umucuruzi agomba kuzirikana ni ubuzima bw’umukiriya kuko ni bwo butuma aza amugana kuko ari muzima, aramutse abaye atameze neza kubera ibyo wamuhaye, n’ubucuruzi bwawe uba ubuhaye igihe gito kuko ibyo wahaye abantu byabatwaye ubuzima; icyo dukwiye kureba mbere ya byose ni ubuzima bw’abatugana kuruta gushyira imbere inyungu y’amafaranga.”

Mu Karere ka Gatsibo habarurwa hoteli zigera kuri enye, habarurwa kandi resitora n’utubari bikora ku buryo bwemewe bigera 104 biri hirya no hino mu mirenge itandukanye y’aka karere.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard ageza ubutumwa bwo kwimakaza isuku ku bafite amahoteli, amaresitora n’utubari

 

Abafite ibikorwa byakira abantu bitabiriye ibiganiro

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Eric Nzabahimana

Eric Nzabahimana

Izo bijyanye

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026
Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe
Inkuru z'ingenzi1

Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

22/08/2026
N’iyo twavuga ngo ni inzoga zemewe, ubusinzi si wane- Meya Mutabazi Richard
Amakuru

N’iyo twavuga ngo ni inzoga zemewe, ubusinzi si wane- Meya Mutabazi Richard

20/08/2026
Nyagatare: Abatujwe mu nzu bubakiwe na Leta barasaba guhabwa irindi vomo
Amakuru

Nyagatare: Abatujwe mu nzu bubakiwe na Leta barasaba guhabwa irindi vomo

19/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Umworozi w’i Nyagatare yavumbuye irindi banga mu gihingwa cya Kariyandara cyongera umukamo

Umworozi w'i Nyagatare yavumbuye irindi banga mu gihingwa cya Kariyandara cyongera umukamo

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU