MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Rwamagana: Umuyobozi muri Ambasade y’Amerika yishimiye intambwe imaze guterwa n’abarokotse Jenoside

Yussuf HakizimanaYanditswe na Yussuf Hakizimana
09/02/2023

Umuyobozi muri Ambasade ya Leta zunze ubumwe z’Amerika (US.Charge d’Affairs to Rwanda) Deborah Ann MacLean yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musha n’ishuri Agahozo Shalom Youth Village, aho yashimye intambwe imaze guterwa n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu muyobozi muri Ambasade y’Amerika mu Rwanda, ari kumwe n’itsinda ryamuherekeje hamwe n’Umuyobozi w’Akarere Mbonyumuvunyi Radjab kuri uyu 09 Gashyantare, yagiranye ibiganiro na bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi i Musha bamubwira intambwe bamaze gutera mu kwiyubaka n’isanamitima.

Mukabalisa Pauline avuga ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 i Musha, yasobanuye uko kiriziya yaho yiciwemo Abatutsi bari bayihungiyemo, agaragaza uko abarokotse bagiye bahangana n’ibikomere byo ku  mubiri n’umutima babifashijwemo na gahunda leta yashyizeho zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye.

Yakomeje agira ati: “Turashimira leta yacu ko yatubaye hafi mu buzima bwo kwiyubaka, abari bafite ibikomere by’umubiri bafashijwe kuvuzwa, abari barasenyewe barubakirwa, imfubyi zifashwa gusubira mu ishuri, incike n’abapfakazi nabo barafashijwe.”

Amb. MacLean yashimye intambwe yatewe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ati: “Turashimira ko abarokotse Jenoside bataheranywe n’amateka mabi bakaba bariyubatse ndetse bakaniyunga n’ababiciye imiryango.”

Uyu muyobozi n’abo bari kumwe basuye ibice bitandukanye by’Agahozo Shalom Youth Village, basobanurirwa amateka y’uyu Mudugudu n’uko wafashije urubyiruko n’abaturage bo mu miryango yarokotse Jenoside yakorewe abatutsi n’abandi bagiye bahura n’ibindi bibazo kongera kwiyubaka no kugarura icyizere cy’ubuzima.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab yashimiye Leta zunze ubumwe z’Amerika n’Ambasade yabo mu Rwanda ku nkunga yabo ku mishinga igamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’iterambere.

Uyu muyobozi muri Ambasade y’Amerika Deborah Ann MacLean yanasuye ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro ya Castellite na Lithium biri mu murenge wa Musha ahakorera PIRAN Mining Company, aho
yagaragarijwe uko PIRAN Mining Company icukura amabuye y’agaciro n’uko atunganywa kugira ngo agezwe ku isoko, uko iyi company ikorana n’abaturage baturiye ibirombe mu Karere ka Rwamagana n’uko babungabunga ibidukikije mu bice bacukuramo amabuye.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Akarere ka Rwamagana

UMWANDITSI

Yussuf Hakizimana

Yussuf Hakizimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ngoma: Polisi yafashe abakwirakwizaga amafaranga y’amiganano

Nyagatare: Polisi yataye muri yombi abagabo babiri bacuruzaga amavuta yangiza uruhu

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU