Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Muhazi bavuga ko ibihe nk’ibi byo kwibuka batajya bibagirwa ubugome bwinshi bwatojwe Interahamwe za Murambi zikagera ubwo ziza kwica n’Abanyamuhazi.
Ubwo hatangizwaga Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 kuri uyu wa 07 Mata, ku rwibutso rwa Jenoside rwa Muhazi hatangiwe ubuhamya bwagarutse ku bugome bw’Interahamwe zari iza Burugumesitiri Gatete wigeze kuyobora Komini Murambi ikaba ihana imbibi na Muhazi aho batandukanywa n’ikiyaga cya Muhazi.
Jenoside yakorewe abatutsi muri iki gice yagize ubukana cyane kuko uyu murenge ukikijwe n’ikiyaga cya Muhazi bituma ntaho guhungira abahigwaga bari kubona, hakiyongeraho ko kandi iki gice gihana imbibi na Murambi yayoborwaga na Gatete wahamijwe n’urukiko rwa Arusha icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi, aho ngo Gatete yari yaratoje Interahamwe ubwicanyi n’urwango rukabije rw’abatutsi nk’uko na we yari arubafitiye.
Ubuhamya bwatanzwe na Mukantaganzwa Asterie wahizwe we n’umuryango we akaza kujugunywa muri Muhazi ari kumwe n’abantu batandatu bo mu muryango we akarokoka wenyine,
Yakomeje agira ati: “Ubwo bandohaga mu mazi umwana wanjye umwe yarankurikiye kuko nari ngeze mu mazi hagati ariko Interahamwe za Gatete zamuteye amabuye ari mu mazi apfa ndeba.”
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 benshi bo muri iki gice n’ahandi hahegereye nka za Kayonza bemeza ko iyo hataba ubugome bwatojwe Interahamwe za Gatete Jenoside itari kugira ubukana nk’ubwo yagize.
Umwe muri bo yagize ati: “Gatete yangaga abatutsi no kumva aho baba, urwo rwango yarutoje Interahamwe ze ku buryo zumvaga nta mututsi cyangwa usa na we ukwiye kubaho”.
Amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Muhazi agaragaza ko hari abandi bari bayobozi bayishishikarije abaturage dore ko imibiri ishyinguye mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Muhazi ari iy’abatutsi b’ahahoze ari segiteri Kabare, Kitazigurwa, na Murambi byari muri komini Muhazi ndetse na Segiteri Ntsinda na Nyarusange byari muri komini ya Rutonde.
Muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 uwari Perefe wa Kibungo Rudakubana Anaclet yakoranye bya hafi n’abari ba Burugumesitiri b’izo komini zombi, muri icyo gihe uwayoboraga Muhazi yari Nkurunziza Jean Baptiste yari amaze igihe arwaye imirimo ye igakorwa n’umwe mu bari bakonseye bamusimburaga, uyu yitwaga Ntabandama Claver wafashije cyane gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi, aba kandi biyongeraho abari abasirikare, abapolisi n’izindi nzego zitandukanye.
Perezidante wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana Musabyeyezu Dative yashimye uruhare rwa Leta y’Ubumwe mu kubaka u Rwanda cyane cyane abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi
Yagize ati: “Muri iki twibuka ku nshuro ya 30 duhora dushima leta yacu y’ubumwe bw’Abanyarwanda, dushima imbaraga zashyizwe mu kugarurira icyizere cy’ubuzima abarokotse Jenoside no kongera kubaha icyizere cyo kubaho no kubaha icyanga cy’ubuzima, leta yacu yarwanye urugamba rwo kutwubaka irurwana amahanga aturebera.”
Yasobanuye kandi uko guhabwa umwanya wo kwibuka ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi byabafashije kwiyubaka, yagize ati: “Iyi myaka 30 tumaze twibuka abacu mu bikorwa byose dukora byo kwibuka abacu no kubasubiza agaciro twagiye tubonamo imbaraga n’amasomo bidusigira mu kubaka igihugu cyacu tuva ahabi tugana aheza mu kurwanya ikibi tugisimbuza icyiza.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba Dr. Nyirahabimana Jeanne yashimye ko uyu munsi witabiriwe cyane n’urubyiruko kuko wabaye umwanya wo kurusobanurira neza amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Muhazi.
Yakomeje agira ati: “Mu buhamya bwose butangwa bujya gusoza bakagira bati ni uko Inkotanyi ziraza, iyi ni interuro ikomeye ivuga kubohorwa kw’Igihugu, ivuga guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, ivuga gutangira urugendo rwo kubaka Igihugu.”
Urwibutso rwa Jenoside rwa Muhazi rushyinguyemo mu cyubahiro imibiri 9,025 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.












