MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare : Abarokotse Jenoside barishimira ko ababo bashyinguye ahantu habahesha icyubahiro

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
07/04/2024

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Nyagatare barishimira ko imibiri y’ababo bishwe muri Jenoside kuri ubu bashyinguye mu cyubahiro ku rwibutso rwa Nyagatare ahantu bavuga ko hatekanye kandi habahaye agaciro bakwiye.

Ibi babigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 07 Mata 2024 ubwo kuri uru rwibutso hatangirizwaga icyunamo cy’iminsi irindwi na gahunda y’iminsi  100 bigamije  kuzirikana Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Urwibutso rwa Nyagatare rwatashywe ku mugaragaro mu mwaka ushize rukaba rwaruzuye rutwaye miliyari 1,1 Frw. Ruherereye mu Kagari ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare, kugeza ubu rushyinguyemo imibiri 93 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko iyo babonye bamwe mu bavandimwe babo bishwe muri Jenoside bashyinguye mu rwibutso rwiza bibomora ibikomere bakabasha kwibagirwa ibyabaye bakiteza imbere.

Muhizi Alex yagize ati”Aha haruhukiye Papa n’umudamu wa Data wacu,

bakibica babataye mu musarane rero biradushimisha iyo tubonye bari ahantu nk’aha hari umutekano mbere aho bari bashyinguye wajyaga kumva ukumva bishe nk’injangwe bayihajugunye cyangwa se bakandikaho amagambo mabi ariko ubu ntawaza ngo abikore ku rwibutso rwiza nk’uru.”

Vuguziga Announciate we yavuze ko se wabo ubu ashyinguye mu rwibutso rwa Nyagatare rumeze neza bitandukanye n’aho yari ashyinguye mbere.

Yakomeje avuga ko mbere bari baramushyinguye mu rugo ariko kuko hari ahantu hatizewe ngo yaje kuzanwa ku rwibutso none ngo arishimira ko hizewe hafite umutekano akaba yifuza ko hakongerwa imbaraga  kuri uru rwibutso ngo n’amateka ataramenyekanye amenyekane.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare Bimenyimana Jean de Dieu yavuze ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bishimira ko bafite urwibutso rwiza.

Ati” Turashima ko dufite urwibutso rwiza abacu baruhukiyemo, icyo nicyo cya mbere kuko kiduhoza amarira dufite bigatuma tunezerwa. Mbere bari bashyinguwe mu Rwibutso rwa Rwentanga mu byukuri rutari rwujuje ibisabwa  kuko imva zajyagamo amazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Gasana Stephen yavuze ko nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe hari byinshi bamaze kugeraho harimo n’urwibutso rushya batashye umwaka ushize.

Ubuyobozi bw’Akarere burashishikariza abaturage batuye aka Karere  n’abanyarwanda muri rusange gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakababa hafi, bakabahumuriza ndetse bakanirinda imvugo zikomeretsa.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kwibuka 30: Ubutumwa bw’ingenzi bwatanzwe mu gutangiza icyunamo i Ngoma

Kwibuka 30: Ubutumwa bw'ingenzi bwatanzwe mu gutangiza icyunamo i Ngoma

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU