MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Rwamagana : Abantu 20 batawe muri yombi bari mu bikorwa by’amasengesho

Noel ManishimweYanditswe na Noel Manishimwe
09/05/2020

Mu Murenge wa Kigabiro, abantu 20  bavuga ko basengera indwara zigakira batawe muri yombi  bari gusengera hamwe mu rugo rw’umuntu  mu Kagari ka Cyanya.

Ibi byabaye   ku mugoroba w’ejo  tariki ya  8 Gicurasi 2020,  mu Mudugudu wa Kabuye. Amakuru agera kuri  MUHAZIYACU avuga ko abo bantu basengeraga umuntu urwaye, kuko ngo basanzwe basengera indwara zigakira.

Ubwo abayobozi b’inzego z’ibanze bajyaga kubafata,  ngo abo basengaga  babanje kubarwanya bigera aho  hitabazwa inzego z’umutekano zirimo Polisi y’u Rwanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro Hanyurwimfura Egide aganira na MUHAZIYACU yemeje aya amakuru.

Yagize ati: “Ni byo bafashwe, bajyanywe mu  kigo ngororamuco (Transit center), bafashwe ejo  nyuma ya saa sita.  Bavuze ko ngo  basengeraga umuntu ariko uburyo babikoragamo nyine ntabwo bwemewe n’amategeko cyane cyane  mu buryo bwo kwirinda Koronavirusi. Turabashishikariza kutazongera kandi na bo bemeye ko ari amakosa.”

Gitifu Hanyurwimfura yongeyeho ati: “Bari bari mu rugo rw’umuntu, ngo harimo umuntu urwaye bavuga ko bari kumusengera, bavugaga ko basengera indwara ngo zigakira.”

Kuva tariki ya 14 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda itangaje ko  umuntu wa mbere  yagaragayeho ubwandu bwa Koronavirusi i Kigali, Leta yahise ishyiraho amabwiriza abuza abantu guhurira  ahantu hamwe n’insengero zirafunga mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya cyo, ndetse n’amabwiriza aherutse gutangazwa tariki 30 Gicurasi  agaragaza ko insengero zikomeza gufunga.

CIP Hamdun Twizeyimana  Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba yavuze ko muri ibi bihe by’icyorezo cya Koranavirusi  ngo ari ubwa mbere muri iyi ntara  habonetse  abatubahiriza ambwiriza yo kwirinda iki cyorezo, muri ubu buryo bwo gusengera hamwe  mu ngo z’abantu.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Akarere ka Rwamaganacoronavirus

UMWANDITSI

Noel Manishimwe

Noel Manishimwe

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwamagana: Umwana yagiye kuvoma muri Muhazi agwamo

Hari gushakishwa umurambo w’umusore warohamye mu kiyaga cya Mugesera

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU