Abaturiye ahubatswe amakusanyirizo y’umusaruro w’ibitoki mu Murenge wa Nzige uherereye mu Karere ka Rwamagana, barifuza ko yagirwa amasoko asanzwe kuko nta bitoki bikigaragara bicururizwamo.
Mu mwaka wa 2014 Minisiteri y’Uhinzi n’Ubworozi ( Minagri) ibicishije mu mushinga LWH ( Land Husbandry, Water harvesting and Hillside irrigation) yubatse amakusanyirizo abiri y’umusaruro w’ibitoki yari agenewe kubicururizwamo mu Murenge wa Nzige mu tugari twa Murama na Kigarama.
Abaturage bavuga ko ayo makusanyirizo atigeze atanga umusaruro, aho bahuriza ku kuba hatarigeze hagezwa ibitoki ahubwo hahinduwe inzu zikorerwamo inama ubundi hakumishirizwamo ibigori mu gihe byeze.
Abaturage barifuza ko hahindurwa isoko
Abaturage baturiye rimwe muri aya makusanyirizo baganiriye na MUHAZIYACU bavuze ko nyuma yuko ibijyanye no guhurizamo umusaruro w’ibitoki bisa n’ibyanze bifuza ko hakwimurirwamo agasoko gato.
Muhayimana Devotha yagize ati “ Icyifuzo cyanjye kariya gasoko kabera mu gasantere numvaga kakimurirwamo hano, kuko abaturage bakarema baranyagirwa ariko bakimuriyemo hano byaba byiza kuko ni hagari kandi harisanzuye.”
Nyirarwango Veronise ukuriye aka gasoko kabera mu Mudugudu wa Gisenyi na we yagize: “Batwemereye bakahashyira umuriro byadufasha cyane kuko hano dukorera ntabwo hisanzuye, ikindi iyo imvura cyangwa izuba bije bitwangiriza ibicuruzwa rwose barebe uko babyigaho tuhimukire.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige, Karango Alphonse avuga ko kwimuriramo agasoko gato gasanzwe kabera muri aka gasantere bidashoboka, ngo kuko hateganyijwe kubakwa isoko ryiza ry’Umurenge wose mu birometero bine uvuye muri iyi santere.
Yagize ati: “Iriya nyubako twayihinduye ubwanikiro, bajyaga bahasarurira ibitoki, none ubu bahasarurira ibigori kuko hariya nta bitoki bigihari, gahunda ni uguhunikiramo ibigori, abantu baje inaha kugura umusaruro bawusanga hariya; ntabwo rero twahahindura isoko.”
Yakomeje avuga ko abatuye aka gace bakwiriye kwihanganira urugendo rw’ibirometero bine bakora bajya mu isantere kurema isoko rya Nzige, ngo ntabwo isoko riba buri gihe.
Yongeyeho ati:“Ibyinshi banacuruza muri kariya gasoko biri no muri za butike zabo, usanga ari agasoko karimo ibihaza inyanya n’utundi tuntu duke beza mu gishanga, ikindi hariya ni mu ngo ntabwo wahashyira isoko. Isoko ryiza rizubakwa i Nzige, hariya mu minsi mike dushobora kuhabakura, tubabwire bajye bahahira muri butike, nibakenera kujyana umusaruro wabo mu isoko bawuzane i Nzige.”








