Nyirabunani Theresie w’imyaka 72 utuye mu Mudugudu wa Mataba, Akagari ka Nyagitabire mu Murenge wa Nyagihanga avuga ko amaze igihe kingana n’umwaka aba mu nzu yasenyutse igice kimwe, aho avuga ko yasenyutse bitewe n’ikorwa ry’umuhanda werekeza ku biro by’Umurenge wa Nyagihanga kuva iyo nzu yagwa akaba ayibayemo yarabuze ubushobozi bwo kuyisana.
Nyirabunani Theresie aganira n’Umunyamakuru wa MUHAZIYACU yavuze ko asaba ubufasha akaba yakubakirwa kuko afite impungenge ko iyi nzu abamo ishobora kumugwira.
Ati: “Icyo nsaba ubuyobozi ni uko banyubakira nkava mu nzu imeze gutya kuko iyo imvura iguye mu ijoro ngira ubwoba ko bishobora kuzamanukira bakaza kunkura munsi y’ibinonko nashizemo umwuka.”
Mu Murenge wa Nyagihanga haburwa inzu z’abatishoboye zigera kuri 58 zigomba gusanwa mu mwaka w’imihigo 2025-2026 n’izindi zigera kuri ebyiri zo kubakwa batangiriye hasi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagihanga buvuga ko ikibazo cy’uyu muturage Nyirabunani bukizi kandi ko ari ku rutonde rw’abatishoboye bazubakirwa,
Rwakana John ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagihanga, aragira ati: “Tumufite ku rutonde rw’abatishoboye bazubakirwa muri uyu mwaka w’imihigo wa 2025/2026 kuko ni umuhigo twiyemeje kandi tugomba kwesa, rero na we tuzamufasha kugira ngo na we abe mu nzu imuhesheje agaciro nk’Umunyarwanda ukwiye ibyiza.”
Muri rusange mu Karere ka Gatsibo inzu zigomba gusanirwa abatishoboye muri uyu mwaka w’imihigo wa 2025-2026 zigera kuri 970, muriyo hamaze gusanwa izigera kuri 137.
Izigomba kubakwa bihereye hasi ni inzu zigera kuri 43, izigera kuri 14 murizo zamaze kubakwa.
Ubwiherero bugomba kubakirwa imiryango itishoboye, bugera kuri 311, muribwo hamaze kubakwa ubugera 153, naho ubwiherero bugomba gusanwa bugera kuri 963 muri bwo ubugera kuri 378 bwamaze gusanwa.








