Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burashishikariza abahinzi n’aborozi kwegera amakoperative yabo kugira ngo babone ubufasha bwo kujya mu bwishingizi, bikabarinda guhura n’ibihombo bikomeye mu gihe cy’ibiza, ihindagurika ry’ikirere cyangwa ibindi bibazo.
Nyagatare ikungahaye ku buhinzi n’ubworozi, bitewe n’ubutaka bwagutse kandi bwera. Niyo mpamvu ubuyobozi bushishikariza abahinzi n’aborozi kujya mu bwishingizi kubwo kwirinda ibihombo.
Muganga Asman, umuhinzi w’ibigori uhinga kuri hegitari ebyiri n’igice wo Murenge wa Kagitumba, yavuze ko atigeze ajya mu bwishingizi kuko atari azi uburyo bikorwa n’aho yabariza. Yavuze ko kandi ko kuba atari mu bwishingizi byamuhombeje amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu bitewe n’izuba ryangije ibigori bye.
Yagize ati: “Natekerezaga ko ubwishingizi ari ibintu bihenze kandi bigoye, ariko nyuma yo guhura n’ibihombo inshuro ebyiri kubera izuba ryinshi, natangiye kubona akamaro kabwo. Mpinga kuri hegitari ebyiri, ariko nari niteze kubona miliyoni 4,5 ariko mbona 1,5; dukeneye gusobanurirwa neza uko bwadufasha.”
Abahinzi n’aborozi barasabwa gutinyuka, kugana amakoperative yabo, no kwitabira izi gahunda z’ubwishingizi mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi kuri bo ndetse n’Igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Matsiko Gonzague yavuze ko koperative ari umuyoboro w’ingenzi wo gufasha abahinzi n’aborozi kujya mu bwishingizi kandi ko bari gukora ubukangurambaga ku bahinzi n’aborozi bose muri rusange,
Yagize ati: “Abahinzi bagomba kwitabira koperative zabo kuko ni ho bazahabwa ubufasha bwo kugera ku bigo by’ubwishingizi no gusobanurirwa neza ibyiza byabwo. Ubuyobozi bw’akarere bukomeje gukora ubuvugizi ku bigo by’ubwishingizi kugira ngo serivisi zibegerezwe kandi turi mu bukangurambaga ku bahinzi bose ngo bajye mu bwishingizi kandi bitanga umusaruro.”
Nk’uko bigaragazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare mu mwaka ushize barengeje intego bari twihaye ubuso bushinganishijwe buva kuri hegitari 2,723 bugera kuri hegitari 3,502; kandk n’uyu mwaka barifuza ko abahinzi benshi bashoboka bitabira gushyira ubuhinzi n’ubworozi byabo mu bwishingizi.”








