MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare: Abageze mu zabukuru barasaba amahirwe mu kwaka inguzanyo nk’abandi

Protogene BikorimanaYanditswe na Protogene Bikorimana
19/11/2025

Mu ruzinduko itsinda ry’Abasenateri rimazemo iminsi mu Karere ka Nyagatare hagamijwe kureba imibereho y’abageze mu zabukuru n’abahawe pansiyo, hagaragaye ijwi rikomeye ry’aba baturage bafatwa nk’abanyantege nke, bavuga ko bakwiye guhabwa amahirwe angana n’ay’abandi mu bijyanye no kubona inguzanyo mu mabanki kugira ngo babashe gushyira mu bikorwa imishinga y’iterambere.

Muri uru ruzinduko, Abasenateri baganiriye n’abasaza n’abakecuru bo mu bice bitandukanye by’Akarere, maze bamwe muri bo bagaragaza ko bahura n’imbogamizi zikomeye mu gihe bashaka kubona inguzanyo mu bigo by’imari.

Benshi bavuga ko amabanki ababwira ko bafite imyaka myinshi bityo ko batagira ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo mu gihe cyateganyijwe, ndetse ko n’ubwishingizi bwabo bw’akazi buba bwararangiye.

Munyeshuri Charles, umwe mu bageze mu zabukuru bo mu Murenge wa Nyagatare, ni umworozi umaze imyaka myinshi muri uyu mwuga. Avuga ko afite imishinga yiteguye gukora mu rwego rwo kwiteza imbere no gufasha umuryango we ndetse agaha akazi b’abakiri bato, ariko akabangamirwa no kubura aho yakwaka amafaranga kubera impamvu y’imyaka.

Ati: “Njye ndi umworozi kandi ndacyashoboye gukora. Mfite umushinga w’amatungo nifuza kwagura, ariko iyo ngeze kuri banki bansubiza ko mfite imyaka myinshi. Birababaje kubona umushinga ushoboye wabuzwa iterambere kubera imyaka gusa.”

Bafaki Félix, undi musaza wagaragaje ko nubwo bafite imyaka myinshi, hari byinshi bakora n’imishinga myinshi batekereza ariko bakabura imiryango ibafungukira.

Ati: “Iyo tugeze ku mabanki batubwira ko tutazabasha kwishyura. Ariko se ko tubona abageze mu zabukuru mu bihugu byinshi bikomeye bakora imishinga minini, kuki natwe tutabikora? Icyo dusaba ni amahirwe angana.”

Aba bombi basabye Abasenateri ko bajya inama n’izindi nzego z’imari, hagashakwa uburyo bwihariye bwo korohereza abageze mu zabukuru kubona inguzanyo, haba mu buryo bw’ingwate, ubwishingizi cyangwa gahunda zabugenewe.

Umwe mu Basenateri bari muri uru ruzinduko, Umuhire Adrie yashimye ubutwari bw’aba basaza bagaragaza ubushake bwo gukora, avuga ko ubutumwa bwabo bwakiriwe kandi buzasuzumwa mu rwego rwo kureba uko abageze mu zabukuru bahabwa uburyo buboneye bwo kwiteza imbere.

Ati: “Umuntu iyo agiye mu biruhuko by’izabukuru afite myaka 65 ntibivuze ko atakibasha gukora. Iterambere rirambye rishingira no ku mbaraga z’abantu bose, kandi n’abageze mu zabukuru ni igice gikomeye cy’umuryango Nyarwanda kuko niba badufasha gutekereza bitewe n’uburambe baba bafite, gahunda ni ukureba no gukurikirana uko byashyirwaho umurongo.”

Ibarura rusange ryakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu mwaka wa 2022 ryagaragaje ko Akarere ka Nyagatare kari ku isonga mu kugira umubare munini w’abageze mu zabukuru mu Rwanda, kuko basaga ibihumbi 35.

Ni umubare munini ugaragaza ko hakwiye gukomezwa gahunda zihariye zibafasha nk’abasaza n’abakecuru, ibintu baheraho basaba ko Leta n’amabanki byashyiraho politiki  iborohereza nabo kubona inguzanyo, kugira ngo batabaho bateze amaboko ahubwo bagire uruhare mu iterambere binyuze mu bumenyi, uburambe n’imishinga bafite.

Bafaki Felix, umwe mu bageze mu zabukuru usaba ko bajya bahabwa amahirwe yo kwaka inguzanyo nk’abandi mu bigo by’imari

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Protogene Bikorimana

Protogene Bikorimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ruberandinda amaze imyaka 25 yishyuza ibihumbi 600Frw ‘byatumye n’abana be batiga’

Ruberandinda amaze imyaka 25 yishyuza ibihumbi 600Frw 'byatumye n’abana be batiga'

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU