Imiryango irindwi yahuye n’ibiza by’inkuba iherutse kwica abantu icyenda mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma mu rwego rwo kuyiba hafi no kubakomeza bahawe imyenda yo kwambara ku bufatanye n’abafatanyabikorwa; nyuma y’uko baherutse no guhabwa ibiribwa.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Meraneza, Akagari ka Kigoma, Umurenge wa Jarama mu nteko y’abaturage yateranye kuri uyu wa 17 Gashyantare.
Tariki ya 04 Mutarama 2026, mu masaha ya Saa Kumi n’Imwe n’igice z’umugoroba, mu Murenge wa Jarama, ku nkengero z’igishanga cy’Akagera hafi y’umupaka w’u Burundi nibwo abantu 15 bakubiswe n’inkuba, 9 bahita bapfa ubwo bari bugamye imvura yarimo igwa.
Nyuma yaho ku ya 06 Mutarama 2026, abapfuye baraherekejwe banashyingurwa mu cyubahiro maze ubuyobozi bwizeza imiryango yabo ko guverinoma izakomeza kubaba hafi.
Mukamusabyeyezu Jeanne wapfushije umugabo we akamusiga atwite, ubu afite uruhinja rutaruzuza icyumweru, yagize icyo ambwira MUHAZIYACU nyuma yo guhabwa imyenda, ati: “Umugabo wanjye wapfuye niwe wari ungize kuko yantangira mituweli, akampa imyenda y’abana kandi nkaba ntabyo kurya mfite mbega ntacyo nakwimarira. Ubu mpawe imyenda, ndashimira Leta y’u Rwanda kubera ko itwambitse ikaba itwitaho.”
Ngendabanga Idi wahuye n’ibyago agapfusha imfura ye, na we yagize ati:“Kuba Leta yarakomeje kutuba hafi, ikdufasha mu gikorwa cyo gushyingura abantu bacu bishwe n’inkuba yadukoreye neza kandi n’ubu iracyaturi inyuma; turabashimira. Ndishimye cyane ubu ngiye kugenda mpereze umwuzukuru wanjye yansigiye yambare iyi myenda ndetse n’umukazana.”
Sibomana Jean De Dieu, na we yagize ati:“Ndanyuzwe naranishimye kuko Leta ikomeje kudutekerezaho cyane, ntaguheranwa n’agahinda imirimo irakomeje. Ndishimye cyane gusa icyo nasaba ni uko mfite abana biga hari igihe ubushobozi buba bukeya banteye inkunga najya mbasha kumwishurira.”
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko bakomeje kuba hafi iyi miryango kugira ngo biteze imbere, ati: “Hari aho umugabo yapfuye umugore agasigara, ubonye umugore wasigaye atwite ubu wabyaye uruhinja, ni mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubakomeza kuri uyu munsi ku bufatanye n’abafatanyabikorwa twabazaniye imyenda yo kwambara.”
Meya Niyonagira akomeza agira ati “Ubushize twari twabazaniye ibiribwa ariko turanabaganiriza kugira ngo bumve ko ibihe nk’ibi biraba ariko bikarangira abantu bagakomeza kwiteza imbere.”
Yavuze ko bagiriwe inama y’uko bashobora kubona inguzanyo muri VUP bagakora imishinga iciriritse ibafasha kubona ibikenerwa by’ibanze. Anabasaba kubyaza umusaruro ibyo bahabwa birinda kubigurisha.
Muri iyi nteko y’abaturage kandi hatanzwe ubutumwa butandukanye burimo ubwo kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge, kwita ku isuku n’isukura, kwirinda amakimbirane, no kwicungira umutekano.








