Amatora yo kuzuza Inama njyanama y’Akarere ka Ngoma yasize Furaha Jean Pierre atorewe, anarahirira kuba umwe mu bagize inama njyanama y’Akarere ka Ngoma, asimbuye uwitabye Imana.
Ni amatora yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Gashyantare 2023,mu rwego rwo kuzuza Inama njyanama y’Akarere ka Ngoma aho uwatowe yahise akora n’indahiro yarahijwe n’Urukiko rwisumbuye rwa Ngoma.
Furaha yatowe ku majwi 92 mu gihe abandi bakandida bari bahanganye barimo Musabyimana Felecite yari afite amajwi 62, Harerimana Dieudonne 31,Hitimana Jones 15, Bizimana Elie 10 na Ntibikweshire Jean Bosco wari ufite ijwi rimwe.
Uyu Furaha watorewe kuba mu umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yigeze kuba muri Njyanama y’icyahoze cyitwa komine Kigarama muri 2000 aza gusoza manda ye 2005.
Abayobozi bakurikiranye ibi bikorwa by’amatora batanze ubutumwa bwibanze ku gusaba uwatowe kuzuza neza inshingano, kwirinda ko abamutoye bamutakariza icyizere kandi ko gutorwa ari igihango agiranye n’abaturage.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque yahaye ikaze uwinjiye muri Njyanama y’Akarere anashimira buri wese wagize uruhare mu matora.
Yagize ati: “Turamwakiriye kandi ni karibu,twari dufite abakandida bagera kuri batandatu ariko ihiganwa ni ihiganwa hagomba kuboneka urusha abandi amajwi, ariko intambwe ikomeye mwateye ngo mwifatanye n’abandi mu nama Njyanama gusa ubwo bushake buzakomeze kugira ngo tubashe gukorera igihugu cyacu.”
Umujyanama mu by’amategeko mu Ntara y’Iburasirazuba Nzayizera Rodrigues, wari yaje mu izina rya Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba mu muhango wo kwakira indahiro y’Umujyanama nk’uko biteganywa n’amatege; yagize ati: “Furaha hamwe n’abandi bajyanama barasabwa gushyashyanirana umuturage, akajya imbere ku isonga no guharanira inyungu z’umuturage muri rusange bakaba ijwi ry’abaturage bakurikira ibikorwa by’Akarere n’abandi bajyanama hagamijwe kureba icyavuye mu bipimo n’imibare kaba karahize kugeraho, imihigo, intego, ingamba mu rwego rwo kugaragaza isura n’ishusho y’umuturage ugomba kuba utekanye, uteye imbere kandi ufite imibereho myiza.”
Mu busanzwe urwego rw’inama njyanama y’uturere ruba rugizwe abajyanama 17, mu karere ka Ngoma kubera umwe mu bari bayigize witwaga Ntibiringirwa Olivier yitabye Imana ni yo mpamvu hatowe ugomba kumusimbura.
Abagize Inteko itora mu kuzuza Inama njyanama y’Akarere ni abajyanama rusange, Abagize Inama njyanama y’imirenge igize Akarere, Komite Nyobozi y’Inama y’Igihugu y’Abagore ku Karere, Komite Nyobozi y’Inama y’Igihugu y’urubyiruko ku Karere, Komite Nyobozi y’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga ku Karere n’Abagize Komite y’Abikorera ku rwego rw’Akarere.










