Urubyiruko 100 rwo mu Karere ka Rwamagana rwari rumaze igihe mu Kigo cy’Igororamuco cya Iwawa rwarangije amasomo y’igororamuco aherekejwe n’amahugurwa y’imyuga, rusabwa kuzagaragaza impinduka nziza mu buzima bwarwo no kuba urugero rwiza mu miryango n’aho rutuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 6 Nyakanga, ubwo yakiraga uru rubyiruko rusoje ayo masomo, yarusabye gukoresha neza amahirwe rwahawe kugira ngo rwiyubake kandi rugire uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Mu ijambo rye, Meya Mbonyumuvunyi yavuze ko amasomo bahawe agomba kubabera intangiriro y’ubuzima bushya, abasaba kutazasubira mu bikorwa bibangiriza ejo hazaza habo.
Yagize ati: “Ndabasaba kugaragariza imiryango yanyu mugiyemo impinduka nziza. Igihe mwamaze Iwawa kibabere isomo ribafasha kubaka ejo hazaza heza. Mugaruke mwerekana imyitwarire myiza, mukore cyane kandi mwitabire ibikorwa bibateza imbere n’iterambere ry’Akarere n’Igihugu muri rusange.”
Yakomeje abasaba gukoresha imyuga bize nk’ishingiro ryo kwihangira imirimo, birinda ibiyobyabwenge, ubuzererezi n’ibindi bishobora kubasubiza mu makosa bakoze mbere.
Mu kiganiro na MUHAZIYACU, bamwe muri uru rubyiruko bavuga ko igihe bamaze Iwawa cyabahinduriye imyumvire kandi ko bagiye gutangira ubuzima bushya.
Niyonzima Eric yagize ati: “Iwawa nahigiye ko ubuzima bushobora guhinduka iyo umuntu yemeye kwikosora. Ngiye gutangira kwikorera nifashishije ubumenyi nahakuye.”
Ndayisenga Jean Claude yavuze ko yahigiye imyuga izamufasha kwiteza imbere, ashimangira ko atazongera kwisanga mu makosa yamugejeje mu igororamuco.
Yagize ati: “Twatojwe imyuga n’indangagaciro. Ngiye kwereka umuryango wanjye ko nkiri umuntu ushoboye kubaka ejo heza no kubaka Igihugu cyanjye.”
Habimana Jean Claude, na we wari muri uru rubyiruko, yavuze ko yize amasomo menshi arimo kwihangana, gukunda umurimo no kubana neza n’abandi.
Ati: “Nisezeranyije ubwanjye ko ntazongera gukora amakosa. Intego yanjye ni ugukoresha ibyo nize nkiteza imbere kandi nkabera urugero rwiza urungano rwanjye.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwavuze ko buzakomeza gukorana n’inzego zitandukanye kugira ngo uru rubyiruko rufashwe kwisanga mu buzima busanzwe, rufashwe kubona amahirwe yo gukora no kwiteza imbere, bityo rugire uruhare mu kubaka umuryango n’Igihugu.
Abasoje amasomo y’igororamuco n’imyuga Iwawa basabwe gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza, gukoresha ubumenyi bahawe no kuba intangarugero mu miryango yabo, mu rwego rwo kugaragaza ko urugendo rwabo rwo kwiyubaka rwatanze umusaruro.







