Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yasuye ibikorwa by’umushinga Gabiro Agribusiness Hub, anerekwa aho ugeze ushyirwa mu bikorwa mu karere ka Nyagatare aho mu gice watangiriyemo hazuhirwa kuri hegitari 5,600; ni uruzinduko yagiriye muri aka karere kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente amaze kubisura, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gufatanya n’abayobozi ba wo gushaka uko abakozi bazakoresha babona aho kuba mu gihe bari mu kazi.
Yagize ati: “Kuba uyu mushinga waraje ngo uteze imbere abaturage mukwiye gushaka uko n’abakozi bazahakora babona aho kuba nubwo bajya bishyura make ariko bakwiye gufashwa.”
Hari abaturage bishimira ibikorwa by’uyu mushinga barimo Mukankusi Solange ukorera uyu mushinga mu buhinzi bw’igihingwa cya soya , aho avuga ko amaze gutera imbere abikesha, yagize ati: “Maze kugura ikibanza n’ihene 2 mu gihe cy’amezi atatu maze nkorera uyu mushinga.”
Naho Muvara Robert na we wakoreye uyu mushinga avuga ko byamuteje imbere, ati: “Nateye imbere kuko ubu navuguruye inzu yanjye ngura n’inka kubera gukorera uyu mushinga mu bikorwa byawo byo gukora imihanda.”
Umuyobozi w’ibikorwa by’uyu mushinga Micomyiza Hanson na we avuga ko ibikorwa by’uyu mushinga bizagirwamo uruhare n’abaturage, baba abahaturiye cyangwa abazaturuka kure.
Yagize ati: “Ibikorwa by’uyu mushinga bizakorwamo n’abaturage benshi baba abaturiye hano cyangwa abazava kure, abahaturiye bo batangiye no kugira inyungu kuriwo nk’abubakiwe amazu yo kubamo bakimurwa mu manegeka, abahawe akazi mu bikorwa byawo, kandi nidutangira no gukora neza tuzakenera abakozi benshi.”
Uyu mushinga wa Gabiro Agribusiness Hub uzakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi mu turere twa Nyagatare na Gatsibo kuri hegitari zigera ku bihumbi 16, amazi azakoreshwa mu bikorwa byo kuhira azakurwa mu mugezi w’Akagera afatwe mu buryo bw’ikoranabuhanga mu byuzi byateguwe; ahateguwe n’inzira zayo ku buryo agera mu mirima n’ibikorwa byo kuhira bigakorwa mu buryo butagoranye.
Ibikorwa byawo bikaba bizakenera abakozi basaga ibihumbi birindwi, ari naho Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ‘ ubuyobozi bw’inzego zibanze n’ubw’uyu mushinga kuzafasha abakozi kubona aho baba mu gihe bazaba bari mu kazi.








