MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Meya Mbonyumuvunyi asanga kuba hari insengero zifunze bidakwiye kuba impamvu yo guta umuco no kudasenga

Yussuf HakizimanaYanditswe na Yussuf Hakizimana
26/12/2025

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab yasabye abanyarwamagana kudata umuco bitwaje ko hari zimwe mu nsengero zifunze.

Kuri uyu wa 26 Ukuboza ku musigiti waTaqwa (Takuwa) uri mu Murenge wa Kigabiro hashojwe amarushanwa yo ku rwego rw’akarere y’idini ya Islam yo gusoma mu mutwe no gusobanukirwa igitabo cya Korowani, ni umuhango wanitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab.

Mu butumwa yageneye abayislamu n’abanyarwamagana muri rusange yabasabye kudata umuco bitwaje ko hari zimwe mu nsengero zifunze

Yagize ati: “Kuba insengero, amakanisa n’imisigigiti hari ibifunze si impamvu yo guta umuco no kudasenga, Bibiliya niyo ivuga ngo imibiri yacu ni insengero z’Uwiteka, ni ukuvuga ngo n’aho waba uri hose wagombye kuba urimo urasenga”

Meya Mbonyumuvunyi yakomeje yibutsa abaturage ko kurangwa n’imico myiza bijyana no gusenga, kandi aho umuntu ari hose yahasengera ndetse bakarushaho kwimakaza imico myiza no gufashanya.

Umwe mu babyeyi bafite abana biga ku musigiti wa Taqwa yemeza ko nubwo hari imisigiti ifunze ariko amashuri y’abana yo afunguye.

Uwiragiye Hilali yakomeje asaba ababyeyi b’abayislam kujyana abana babo mu mashuri ya Korowani kuko abafasha kurushaho kugira imico myiza.

Yakomeje agira ati: “Ku mwana muto kwiga korowani bituma afunguka mu mutwe kuko bisaba kuyifata mu mutwe, icya kabiri abana biga korowani usanga ari intangarugero ntiwababona mu bishuko cyangwa se mu ngeso mbi.”

Bamwe mu bana bitabiriye aya marushanwa ni Igihozo Shakila yiga ku ishuri rya Sibagire (Umusigiti waho urafunze) muri aya marushanwa yahize abandi mu kiciro cya 5 (yafashe mu mutwe icyo bita amajuzu atanu ni ukuvuga impapuro 50 zo mu gitabo cya korowani) yemeza ko kwiga korowani bituma atagira ibindi ahugiramo.

Yagize ati: “Kwiga korowani bindinda kwishora mu ngeso mbi, binduhura mu mutwe, aho natangiriye kwiga nasobanukiwe idini ryanjye uko nabana n’abandi, ikinyabapfura nkwiye guha ababyeyi, abanduta abo tungana n’abo nduta ku bantu bose yaba abayislamu n’abatari bo”

Muri aya marushanwa bigishijwe uburere mboneragihugu

Ni ku nshuro ya Gatatu hateguwe amarushanwa yo gusoma korowani mu mutwe mu Karere ka Rwamagana, aho abanyeshuri bari hagati y’imyaka 9 na 15 bari bamaze iminsi itatu bari mu mwiherero barushanwa banigishwa ibijyanye n’uburere mboneragihugu.

Sheikh Ndabakuranye Saidi ni umuyobozi (Imam) w’abayislamu mu Ntara y’Iburasirazuba yemeza ko iki gikorwa cyari kigamije gutegura umwana w’umuyislamu mwiza n’umunyarwanda mwiza bashingiye ku nyigisho za kislamu zibasaba kugira imico myiza no kugira imibanire myiza n’abandi bantu, banatozwa indangagaciro zirimo gukunda Igihugu, ubwitange, ubupfura no gusigasira ibyiza byagezweho n’Igihugu bakamenya ko bakwiye kubirinda.

Umwe mu bateguye aya marushanwa ni Sheikh Nkurunziza Hassan ashinzwe amashuri ya Korowani mu Karere ka Rwamagana, yagize ati: “Intego y’aya marushanwa ni ugukomeza kwiga korowani, kuko umwana wize korowani aba afite indangagaciro za kinyarwanda, ari umwana wubaha kandi akaba n’umuhanga mu mashuri asanzwe.”

Aya marushanwa ya Korowani yatangiye ku ya 23 Ukuboza, mu ijonjora ry’ibanze yari yitabiriwe n’abana 390, nyuma abaje kwitabira amarushanwa ya nyuma bari 99 barimo abakobwa 57 n’abahungu 42.

Aya marushanwa kandi yajyanye n’igikorwa cyo guha umuturage utishoboye isakaro (amabati 23) ndetse hari n’abaturage 280 bahawe mituweli.

Meya Mbonyumuvunyi Radjab(iburyo) ashyikiriza ibihembo umwe mu bana batsinze amarushanwa yo gusoma Korowani
Bamwe mu bana bahize abandi mu byiciro 7
Ubanza iburyo ni Meya Mbonyumuvunyi Radjab, ukurikiyeho ni Sheik Ndabakuranye Saidi akaba ari Imam w’Intara y’Iburasirazuba, n’abandi
Bamwe mu bana bari bitabiriye amarushanwa
Igihozo Shakila yahize abandi bana mu cyiciro cya 5 aho basoma impapuro zirenze 50 mu mutwe
Abari bagize akanama nkemurampaka
Ababyeyi bari bitabiriye iki gikorwa

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Yussuf Hakizimana

Yussuf Hakizimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kayonza: Umupolisi uri mu baherutse kujya mu kazi yagonzwe na moto arapfa

Kayonza: Umupolisi uri mu baherutse kujya mu kazi yagonzwe na moto arapfa

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU