MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kwizera washakanye na Mukaperezida amurusha imyaka 27 wari wafungiye gufata ku ngufu umwangavu yafunguwe

Dedios NsabimanaYanditswe na Dedios Nsabimana
12/03/2020
Kwizera Evariste wamenyekanye mu ntangiriro za 2019 nyuma yo gutangaza ko agiye gusezerana na Mukaperezida wari ufite imyaka 48 (Ifoto: MUHAZIYACU)

Kwizera Evariste wamenyekanye mu ntangiriro za 2019 nyuma yo gutangaza ko agiye gusezerana na Mukaperezida wari ufite imyaka 48 (Ifoto: MUHAZIYACU)

Kwizera Evariste wamenyekanye mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2019, ubwo yasezeranaga n’umugore witwa Mukaperezida wamurushaga imyaka 27, nyuma akumvikana mu bitangazamakuru akekwaho gutera  umwana utaruzuza imyaka y’ubukure inda, yarekuwe.

Amakuru agera kuri muhaziyacu.rw ni uko Kwizera w’imyaka 22 y’amavuko yarekuwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Weruwe.

Mu butumwa yahise yandika  ku mbuga nkoranyambaga uyu mugabo akoresha yagize ati ” Mana warakoze.”

Kwizera Evariste  wo mu Karere ka Rwamagana, yamenyekanye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama 2019 ubwo yumvikanaga mu bitangazamakuru ko agiye gusezerana n’umugore witwa Mukaperezida wari ufite imyaka 48.

Kwizera yavugaga ko yahuye na Mukaperezida wamurushaga imyaka 27 akumva aramukunze cyane agahitamo kumutereta,  akabyemera, ubundi bagafata gahunda yo gukorana ubukwe.

Umukobwa wa Mukaperezida ntiyifuje ko aba bombi basezerana, ngo kuko yabonaga mama we aruta cyane uwo musore, yagerageje gutambamira ugusezerana kwabo mu rukiko;  ariko birangira aba bombi basezeranye.

Nyuma y’amezi make Kwizera yahise atabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ashinjwa gutera inda umwana w’umunyeshuri wigaga mu mashuri yisumbuye, akaba  yari yakatiwe imyaka icumi.

Urukiko rwisumbuye rwa Ngoma  ni rwo rwamukatiye igifungo cy’imyaka 10 azira gusambanya umwana muto akanamukuriramo inda y’amezi ane n’iminsi itatu.

Mu  kugerageza kumenya icyatumye Kwizera arekurwa, ubwo twateguraga iyi nkuru twahamagaye Kwizera  ntiyitaba telefone ye yakoreshaga.

Kuri uyu wa kane, Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda Mutabazi Harrison yabwiye muhaziyacu.rw  yatubwiye ko amakuru y’ifungurwa rya Kwizera Evariste  twayabaza Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa, SSP Hillary Sengabo  yabwiye muhaziyacu.rw  ko iby’uko Kwizera Evariste yafunguwe atabizi.

Ati : “Ntabwo mbizi, mwakurikirana mu muryango we mukabaza.”

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Akarere ka RwamaganaRIB

UMWANDITSI

Dedios Nsabimana

Dedios Nsabimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwamagana: Iperereza rirakomeje ku mugore wasanzwe iwe yapfuye

Rwamagana: Iperereza rirakomeje ku mugore wasanzwe iwe yapfuye

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU