Mu gitondo cyo kuwa kabiri w’iki cyumweru, mu Mudugudu wa Rusenyi, Akagari Kabatasi, mu Murenge wa Rubona, mu Karere ka Rwamagana Mukamparirwa Christine, yasanzwe mu nzu ye yapfuye.
Nubwo uyu mugore yari yaratandukanye n’umugabo we Habakurama Jean Bosco kubera amakimbirane bari bafitanye, hari abaturage bahise bumva uyu mugabo yakurikiranwa.
Gusa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubona, Byaruhanga John Bosco, yabwiye muhaziyacu.rw ko uyu mugabo atari mu bakekwa, ngo iyo bamukeka aba yarafashwe agakurikiranwa.
Asobanura ko umugabo na nyakwigendera batari bakibana, umwe yabaga mu nzu ye n’undi afite iye.
Gitifu Byaruhanga avuga ko biri mu maboko ya RIB, ikaba ariyo izakurikirana iby’uru urupfu.
Ati: “Ntabwo twe twabimenya, ntabwo twavuga ngo yarishwe cyangwa ntabwo yishwe, kuko bamutwaye kwa muganga, ubwo ibisubizo bizatangwa na muganga, ikiriho nuko twebwe twasanze yapfuye.”
Ibyo kuba hari abaturage bakeka uwari umugabo we kubera bari bafitanye amakimbirane, Gitifu Byaruhanga agira ati: “Kuba abantu baratandukanye ntabwo bivuga ko batari bafitanye amakimbirane; n’ubundi bari bayafitanye. Bari baratandukanye ntabwo bari bakibana mu nzu.”
Ku wa gatatu nimugoroba nibwo Mukamparirwa yashyinguwe.





